Urutonde rw’ibihugu 10 bitarageramo Covid-19 ku Isi

Sangiza iyi nkuru

Kuva mu mpera za 2019 kugeza ubu Isi yose ihanganye n’agakoko gashya ko mu bwoko bw’udutera ubicurane ka Coronavirus, abahanga mu by’ubuzima bavuga ko iyi ndwara nshya yadukiye mu Bushinwa ifite imbaraga n’ububasha bwo gukwirakwira byihuse ku isi. Ibi binatuma imaze kuzenguraka hafi Isi yose mu gihe kitagera no ku mwaka.

Bu bihugu bivugwamo ko bitarageramo iki cyorezo, ibyinshi byiganje mu gace kamwe, mu Nyanja ya Pacifika.

Palau ni kimwe mu birwa bibereye ba mukerarugendo bahasura, gusa abanyamahoteli baho bavuga ko n’ubwo nta Covid-19 iragera muri ako gace ,ibikorwa byabo bifunze kandi ubusanzwe abaturage b’iki gihugu batunzwe cyane n’umusaruro uva kuri ba mukerarugendo baza gusura iki gihugu.

Aha muri Palau, mu mwaka ushize hasuwe na ba mukerarugendo bagera ku bihumbi 90,000. Banki y’Isi yatangajeko ubukungu bwa Palau bushingira cyane ku bukerarugendo aho yavuze ko bwinjiza arenga 40% by’umusaruro mbumbe w’igihugu.

N’ubwo iyi virus itaragera muri Palau ariko yangije byinshi, amahoteli na za restaurants nta muntu ubijyamo, amaduka yarafunzwe, hoteli zabaye ahantu ho gushyira abantu mu kato.

Uru ni rwo rutonde rw’ibihugu bitarimo abanduye Covid-19:
• Palau
• Micronesia
• Marshall Islands
• Nauru
• Kiribati
• Solomon Islands
• Tuvalu
• Samoa
• Vanuatu
• Tonga

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *