Biravugwa ko Perezida wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un arembye bikomeye

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, ibinyamakuru byo muri Koreya y’Epfo bizindutse bitangaza ko Perezida Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru arembye bikomeye .

Inkuru ya TMZ ivuga ko Perezida Kim yafashwe n’uburwayi butunguranye kuva mu ntangiro z’uyu mwaka, aho abamukurikiranira hafi bemeza ko igihe cye kinini asigaye akimara mu bitaro.

Chang Song-min wahoze akorera Guverinoma ya Koreya ya Ruguru yabwiye itangazamakuru ko muri iki gihe ubuzima bwa Perezida Kim Jong Un buri mu mazi abira, ndetse anemeza ko isaha n’isiha uyu mutegetsi yapfa.

Yakomeje avuga ko uburwayi bwa Kim buba buzwi n’abantu bakomeye gusa bityo kubugira ibanga mu gihugu nka Koreya ya Ruguru Kidakunda itangazamakuru ari ibintu byoroha cyane.

Ibinyamakuru nka Seoul times na China daily news byo byatangaje ko kuba Perezida Kim Jong Un yahaye mushiki we Kim Yong Jong ububasha bumwe na bumwe bihatse ikintu gikomeye.

Abantu batandukanye bakomeje kwibaza ku buzima bwa Kim Jong Un, uherutse kubagwa umutima. Aho bakeka ko uburwayi bwe bushobora kuba bumaze gufata indi ntera, bamwe banatangiye gukeka ko ashobora kuba yitabye Imana.Gusa aya makuru ntacyo ubuyobozi bwa Koreya ya Ruguru burayatangazaho.

Kim Jong Un yagiye ku butegetsi mu mwaka 2011 asimbuye se Kim Jong Il wari umaze gupfa azize indwara y’umutima.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *