Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida wa Algeria, Abdelmadjid Tebboune, yagiye mu kato mu gihe cy’iminsi itanu abisabwe n’itsinda rishinzwe ubuvuzi muri perezidansi nyuma y’uko “abayobozi benshi” bakuru muri perezidansi na guverinoma bagaragaje ibimenyetso bya Covid-19.
Iki cyemezo cyo gukumira, mu bihe nk’ibi, gifite ishingiro, nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Perezidansi kubera ibimenyetso bya Covid-19 byagaragaye mu begereye Perezida Tebboune. Itangazo riti: “abakozi b’ubuvuzi ba Perezidansi basabye Perezida wa Repubulika kubahiriza akato ku bushake mu gihe cy’iminsi 5 guhera ku ya 24 Ukwakira 2020”.
Uku gushyirwa mu kato si ukwa mbere mu bantu begereye umukuru w’igihugu muri Algeria nk’uko tubikesha urubuga rwa Alaraby.co.uk ruvuga ariko ko iki cyemezo kiri mu rwego rwo kwirinda ariko itangazo ritigeze rivuga ku buzima bwa perezida.
Mu butumwa bwe yanyujije kuri twitter, Perezida Tebboune yijeje abaturage ko ubuzima bwe bumeze neza, yongeraho ko akomereza akazi ke ahitaruye kugeza igihe yahawe kizarangirira.


