Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri ushize, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Dr Sania Nishtar, Umuyobozi mukuru wa Gavi, Ihuriro ry’inkingo, hamwe n’intumwa ayoboye.

Ibiganiro hagati yabo byibanze ku bufatanye bukomeje bwo gushimangira gahunda zo gukingira, kuzamura umusaruro w’ubuzima rusange, no kongera amahirwe kuri bose yo kugera ku nkingo.

Perezida Kagame kandi yabonanye na Prof Mohamed Yakub Janabi, Umuyobozi wa OMS mu karere ka Afurika, na Dr Brian Chirombo uhagarariye WHO mu Rwanda.

Ibiganiro byabo byagarutse ku gushimangira ubufatanye hagamijwe guteza imbere umutekano mu by’ubuzima ndetse no kuri gahunda z’ubuzima zihamye mu Rwanda ndetse no mu karere kose.


