G19iNC0W8AASAy6

Perezida Kagame yakiriye umuteramakofe Takam n’umunyonzikazi Vallieres

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yabonanye  n’umukinnyi w’iteramakofe wabigize umwuga w’Umufaransa ukomoka muri Cameroun, Carlos Takam.
Kuri iki Cyumweru, Fondasiyo ya Carlos Takam yatangije ishuri rya Boxe rya Carlos Takam i Kigali, hagamijwe kumenyekanisha no guteza imbere siporo y’iteramakofe muri Afurika.
G19iP9oWAAA1eLZ
Carlos Takam yahaye kandi Perezida umukandara w’umwimerere wa Champion w’Isi muri WBC mu rwego rwo guha icyubahiro u Rwanda n’ubutumwa bwa Fondasiyo.
Nyuma y’isozwa rya Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yaberaga i Kigali kandi, Perezida Kagame yahuye na Magdeleine Vallieres Mill, umukinnyi w’amagare w’Umunyakanadakazi kandi watsindiye irushanwa rya UCI Road World Championships 2025 Women Elite Race.
Magdeleine Vallieres Mill, yabaye Umunyakanadakazi wa mbere watsinze isiganwa rikomeye rya kilometero 164,6, bazengurutse inshuro 11 arusha amasegonda 23 uwaje ku mwanya wa kabiri Niamh Fisher-Black wo muri Nouvelle-Zélande.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *