HHHGqQoWcAAoIl4

Perezida Kagame yakurikiye umukino wahuje Arsenal na Atletico

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu yakurikiranye umukino wa mbere wa 1/2 cya UEFA wahuje amakipe abiri akomeye mu Burayi yombi yamamaza gahunda ya “Visit Rwanda”.

HHHGqJPWsAAgg18

Ni umukino wabereye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu kuri Stade ya Riyadh Air Metropolitano i Madrid, wa kimwe cya kabiri cy’irangiza muri UEFA Champions League wahuje abafatanyabikorwa ba “Visit Rwanda”, Arsenal Football Club na Atlético de Madrid warangiye banganyije 1-1.

HHHGqJSXUAAE5UL

HHHGqJOWYAAcCsy

Perezida Kagame yageze i Madrid akubutse i Paris mu Bufaransa, aho yakurikiranye umukino wa 1/2 cy’irangiza wa UEFA Champions League wahuje PSG na Bayern Munich, kuwa Kabiri, birangira ari ibitego 5-4.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *