gu6xkyax0aag2sy

Perezida Kagame yashimiye byimazeyo Dr. Ngirente

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame yashimiye yivuye inyuma Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe, Dr. Edouard Ngirente, ku bw’akazi keza yari amaze igihe akora.

Umukuru w’Igihugu yamushimiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga, nyuma y’uko yari amaze kwakira indahiro z’abagize Guverinoma nshya iheruka gushyirwaho iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva.

Abaminisitiri 19, Abanyamabanga ba Leta 10 n’abayobozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).

Perezida Kagame yavuze ko we na Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente bakoranaga neza cyane; anaca amarenga ko hari indi mirimo imutegereje.

Yagize ati: “Ndabanza mpere ku gushimira byimazeyo Minisitiri w’Intebe wari ucyuye igihe, Minisitiri w’Intebe Ngirente, ndagira ngo mbanze mushimire ku bw’akazi keza n’imyaka yari amaze agakora. Twakoranaga neza, burya najyaga mutera urubwa ngahera ku izina rye ‘Ngirente’, nkamubwira nti ‘ba Minisitiri w’Intebe ugire utyo’, hanyuma agahera ubwo abigira atyo nyine.”

Umukuru w’Igihugu yunzemo ati: “Ndagushimira cyane rero, kandi byumvikane neza ko abahinduriwe imirimo n’abatahawe indi, buriya irahari irabategereje. Irahinduka gusa ariko ntibirangirira aho ngaho, niko bikwiye kumvikana.”

Dr. Edouard Ngirente yari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva muri Kanama 2017.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *