Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa mbere yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru nyuma y’uko umukobwa we, Ingabire Ange Kagame n’umugabo we, Bertrand Ndengeyingoma bibarutse imfura yabo.
Umukuru w’Igihugu yatangaje iyo nkuru nziza umuryango we wakiriye abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter.
Perezida Kagame yagize ati: “Guhera ejo hashize twishimiye kuba ba sogokuru kandi ku mugaragaro. Mwakoze cyane A (Ange) na B (Bertrand). Mbega ibyishimo!”
Ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu bwakurikiwe n’impundu abamukurikirana kuri Twitter batereye umubyeyi wibarutse.
Umunyamakuru Ingabire Egidie Bibio wa RBA yagize ati: “Turashimira uwo muryango. Nibonkwe tubahaye impundu.”
Robert MCKenna Cyubahiro na we ati: “Turabashimira Ange Kagame na Bertrand, imbaraga zo mu ijuru zibane namwe. Nimwonkwe, nimwonkwe.”
Karangwa Sewase we yiganye Sekarama ka Mpumba ati: “Ukwibyara gutera ababyeyi ineza. Ange na Bertrand nibonkwe. U Rwanda nirugwize amaboko”!
Umwana wa Ange Kagame na Bertrand Ndengeyingoma bitaratangazwa amazina n’igitsina bye, ni we mwuzukuru wa mbere umuryango wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu we, Jeanette Kagame bungutse.
Ku wa gatandatu tariki ya 06 Nyakanga 2019 ni bwo Ingabire Ange Kagame na Bertrand Ndengeyingoma batangiye kubana nk’umugabo n’umugore, nyuma y’ubukwe bwabo bwavuzwe cyane mu itangazamakuru rya hano mu Rwanda.
Bibarutse imfura yabo nyuma y’umwaka n’ibyumweru bibiri babana.



24 Responses
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Nange mbahaye impundu ahiiii.
Mwonkwe. Ni inkuru nziza umwana aranezeza.
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Nange mbahaye impundu ahiiii.
Mwonkwe. Ni inkuru nziza umwana aranezeza.
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Natwe twishimiye uwo muryango wungutse umuntu mushyashya Ayiiiii
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Natwe twishimiye uwo muryango wungutse umuntu mushyashya Ayiiiii
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Imana ibahe impano nziza yo kurera
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Imana ibahe impano nziza yo kurera
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Natwe nkinshuti turabashimiye. Nibabyare Kandi bongerwe n’amahirwe menshi yubuzima bwabo nubguwo munyamuryango bungutse.
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Natwe nkinshuti turabashimiye. Nibabyare Kandi bongerwe n’amahirwe menshi yubuzima bwabo nubguwo munyamuryango bungutse.
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Ayiiiiii!!!! tubahaye impundu nibonkwe kandi Imana ibashyigikire mu buryo bwose biteguye kuzareramo uwo mwana!
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Ayiiiiii!!!! tubahaye impundu nibonkwe kandi Imana ibashyigikire mu buryo bwose biteguye kuzareramo uwo mwana!
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Tubahaye impundu nibonkwe kandi Imana ishimwe kuko yaguye umuryango!
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Tubahaye impundu nibonkwe kandi Imana ishimwe kuko yaguye umuryango!
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Tubahaye impundu nibonkwe kandi Imana ishimwe kuko yaguye umuryango!
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Tubahaye impundu nibonkwe kandi Imana ishimwe kuko yaguye umuryango!
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Nukuri ni mwonkwe
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Nukuri ni mwonkwe
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Imana ishimwe cyane kubw umwana wautse congratulations to that family
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Imana ishimwe cyane kubw umwana wautse congratulations to that family
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Turanezerewe,nimwonkwe,
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Turanezerewe,nimwonkwe,
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Turanezerewe,nimwonkwe
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Turanezerewe,nimwonkwe
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Nibonkwe kandibasubireyo ntamahwa,ababyeyi barihafi nibashyire Ange igikoma cy’Umubyeyi.
Perezida Kagame yatangaje ko umuryango we wungutse umwuzukuru
Nibonkwe kandibasubireyo ntamahwa,ababyeyi barihafi nibashyire Ange igikoma cy’Umubyeyi.