Perezida Kagame yishimiye cyane inkingo za COVID-19 zashyikirijwe u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko yishimiye cyane inkingo z’icyorezo cya COVID-19 u Rwanda rwashyikurijwe, nyuma y’igihe kirekire ruzitegereje.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu Tariki ya 03 Werurwe, ni bwo u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’inkingo za Coronavirus ibihumbi 240 zo mu bwoko bwa AstraZeneca zatanzwe muri gahunda ya Covax, igamije kuzikwirakwiza mu bihugu bikennye.

Ni mbere y’uko rwakira izindi zo mu bwoko bwa Pfizer-BioNTech byitezwe ko na zo zigera i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu. Inkuru nziza y’izi nkingo yakirijwe yombi na benshi mu Banyarwanda, kugeza kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wavuze ko igihe cyari kimaze kuba kirekire izi nkingo zitegerejwe.

Umukuru w’Igihugu mu butumwa yanyujije kuri Twitter yagize ati: “Igihe cyari kirekire dutegereje, bamwe biteguye kurusha abandi n’abenshi biteguye…Singamije kwerekana ko hari abaruta abandi, ariko rwose twese dukeneye [inkingo] byihutirwa. Magingo aya ni amakuru meza kubona inkingo za COVID-19 zigera muri Afuruka uhereye muri Ghana…muri iki gitondo zageze mu Rwanda n’ahandi. Mwakoze Covax.”

Perezida Kagame yishimiye izi nkingo, mu gihe yari yarakunze kunenga uburyo ibihugu bikize bikomeje kwikubira inkingo za Covid-19, mu gihe hari ibihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere bitarazibona kandi isi ikwiriye gufatanya kurwanya icyo cyorezo kugira ngo gicike burundu.

Inkingo za AstraZeneca u Rwanda rwakiriye, zakozwe na Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza, mbere y’uko Ikigo cyo mu Buhinde cyitwa Serum Institute kizitunganya.

Ku wa 15 Gashyantare nibwo OMS yatanze uburenganzira bwo kuba zatangira gutangwa. Mu nkingo zose za Coronavirus zimaze gukorwa, urwa AstraZeneca nirwo rwonyine rufite amabwiriza ashobora korohera abantu mu buryo bwo kurutwara no kurubika, kuko rushobora kubikwa mu bubiko busanzwe ahantu hari ubukonje ushobora no kubona muri firigo zikoreshwa mu buzima bwa buri munsi.

Uru rukingo kandi nirwo ruhendutse muri zose, dore ko dose imwe igura amadolari ane (4,000Frw).

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel ubwo yakiraga ziriya nkingo, yavuze ko kuzibona busobanuye ko urugamba rwo gukingira Coronavirus mu Rwanda rwatangiye, ndetse Leta ikaba iteganya gukora ibishoboka byose kugira ngo haboneke inkingo zizakingira Abanyarwanda miliyoni 7,8.

Minisitiri Ngamije yavuze ko ku ikubitiro abari mu nzego z’ubuzima guhera ku mujyanama w’ubuzima kugera ku muganga uri mu bitaro bya Kaminuza, abakozi bafasha mu gikorwa cyo kwirinda COVID-19, abakuze bafite hejuru y’imyaka 65 barwaye indwara karande zitandukanye aribo bagomba guhabwa urukingo guhera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 05 Werurwe 2021.

Yakomeje avuga ko izi nkingo zizewe, zuzuje ibisabwa byose kandi ko umuturarwanda wese ugomba gukingirwa azaba yagezweho n’urukingo bitarenze Kamena 2022.

Ati: “Abaturage miliyoni 7,8 tugomba kubakingira kugeza icyo gihe, ubwo rero buri wese atekane, tuzamugeraho. Tuzajya dukingira tubikoreye mu bigo nderabuzima n’ubundi bibegereye, amakuru bazajya bayabona ku gihe.”

Ngamije yavuze ko ku wa Gatanu w’iki Cyumweru ari bwo igikorwa cyo gukingira kizatangira, abazahabwa urukingo ku ikubitiro bakaba bagiye guhabwa ubutumwa bubibateguza.

Yavuze ko gukingira bizajya bikorwa binyuze ku rwego rw’akarere no mu zindi nzego z’ibanze.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *