Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko hari “ubumwe bukomeye” hagati y’u Bufaransa n’u Budage mu gushaka guhosha ikibazo cy’umutekano hagati y’u Burusiya na Ukraine.
Ariko, yongeyeho ati: “mu gihe habaho igitero, igisubizo kizaba gihari kandi ikiguzi (ku Burusiya) kizaba kinini”.
Perezida w’u Bufaransa yabivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri mu Budage ari kumwe na Chancellor Olaf Scholz, ubwo yari mu ruzinduko rwe rwa mbere muri iki gihugu kuva amatora y’umwaka ushize yashyize Scholz ku buyobozi yaba nk’uko tubikesha Euronews.
Yakomeje agira ati: “Turimo gutegura icyo twakorera hamwe n’igisubizo mu gihe habaho igitero”, akomeza avuga ko Uburengerazuba “bwunze ubumwe”, kandi bukomeje guharanira gukemura amakimbirane.
Macron yemeje ko azavugana kuri telefoni na Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin kuwa Gatanu. Perezidansi y’u Burusiya, Kremlin, nayo yavuze ko hazabaho ikiganiro.
Perezida w’u Bufaransa yavuze ko ashaka gutanga uburyo ibibazo bihari byakemuka mu minsi mike iri imbere.
Hamaze igihe kitari gito, u Burusiya burunze ingabo zabwo ibihumbi n’ibihumbi ku mupaka wa Ukraine, ahakomeje kwikangwa ko bushaka gutera iki gihugu, ariko ibihugu bigize umuryango wa NATO byakomeje kuburira u Burusiya ko kuri iyi nshuro ko nibwibeshya bitazarebera bizasubiza byihanukiriye.



6 Responses
Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
mu gihe Russia ifite ubushobozi bwogusenya uburayi bwose mukanya nkako guhumbya Macron aravuga ashingiye kuki? cg yizeye america! icyizere cyaraje amasinde
Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
Ohoooo, mu ntambara nta mwana ariho, inkoho afise n’abandi barazifise, arihenda arabe ko uburayi na américa batomuhushura
Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
Ohoooo, mu ntambara nta mwana ariho, inkoho afise n’abandi barazifise, arihenda arabe ko uburayi na américa batomuhushura
Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
Nta Russie ibishoboye iribesha urya mugabo Putin yigira Hitler azoheza nabi.
Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
Nta Russie ibishoboye iribesha urya mugabo Putin yigira Hitler azoheza nabi.
Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
mu gihe Russia ifite ubushobozi bwogusenya uburayi bwose mukanya nkako guhumbya Macron aravuga ashingiye kuki? cg yizeye america! icyizere cyaraje amasinde