Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko hari “ubumwe bukomeye” hagati y’u Bufaransa n’u Budage mu gushaka guhosha ikibazo cy’umutekano hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Ariko, yongeyeho ati: “mu gihe habaho igitero, igisubizo kizaba gihari kandi ikiguzi (ku Burusiya) kizaba kinini”.

Perezida w’u Bufaransa yabivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri mu Budage ari kumwe na Chancellor Olaf Scholz, ubwo yari mu ruzinduko rwe rwa mbere muri iki gihugu kuva amatora y’umwaka ushize yashyize Scholz ku buyobozi yaba nk’uko tubikesha Euronews.

Yakomeje agira ati: “Turimo gutegura icyo twakorera hamwe n’igisubizo mu gihe habaho igitero”, akomeza avuga ko Uburengerazuba “bwunze ubumwe”, kandi bukomeje guharanira gukemura amakimbirane.

Macron yemeje ko azavugana kuri telefoni na Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin kuwa Gatanu. Perezidansi y’u Burusiya, Kremlin, nayo yavuze ko hazabaho ikiganiro.

Perezida w’u Bufaransa yavuze ko ashaka gutanga uburyo ibibazo bihari byakemuka mu minsi mike iri imbere.

Hamaze igihe kitari gito, u Burusiya burunze ingabo zabwo ibihumbi n’ibihumbi ku mupaka wa Ukraine, ahakomeje kwikangwa ko bushaka gutera iki gihugu, ariko ibihugu bigize umuryango wa NATO byakomeje kuburira u Burusiya ko kuri iyi nshuro ko nibwibeshya bitazarebera bizasubiza byihanukiriye.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
    mu gihe Russia ifite ubushobozi bwogusenya uburayi bwose mukanya nkako guhumbya Macron aravuga ashingiye kuki? cg yizeye america! icyizere cyaraje amasinde

    1. Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
      Ohoooo, mu ntambara nta mwana ariho, inkoho afise n’abandi barazifise, arihenda arabe ko uburayi na américa batomuhushura

    2. Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
      Ohoooo, mu ntambara nta mwana ariho, inkoho afise n’abandi barazifise, arihenda arabe ko uburayi na américa batomuhushura

    3. Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
      Nta Russie ibishoboye iribesha urya mugabo Putin yigira Hitler azoheza nabi.

    4. Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
      Nta Russie ibishoboye iribesha urya mugabo Putin yigira Hitler azoheza nabi.

  2. Perezida Macron yaburiye u Burusiya igihe bwakwibeshya bugatera Ukraine
    mu gihe Russia ifite ubushobozi bwogusenya uburayi bwose mukanya nkako guhumbya Macron aravuga ashingiye kuki? cg yizeye america! icyizere cyaraje amasinde

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *