Perezida Magufuli yasabye abakirisitu gufasha abasilamu kubaka umusigiti

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli kuri uyu wa 23 Kanama 2020 yasabye abakirisitu gatolika muri Paruwasi Bikira Mariya Imakulata iherereye mu gace ka Chamwino gukusanya inkunga yo gufasha abasilamu kongera ubunini bw’umusigiti wabo uherereye mu Ntara ya Dodoma.

Yabanje gushimira abayobozi b’iyi Paruwasi ko batigeze barya umusanzu wakusanyijwe kugira ngo inyubako yayo yuzure. Yashimiye kandi undi wese wagize uruhare mu iyubakwa ry’iyi paruwasi, ati: “Urubyiruko rwifatanyije mu kubaka iyi kiliziya si abakirisitu gusa, abasilamu barubatse, abaromani barubatse, abo ku Isabato barubatse, Abangilikani barubatse,…abarokore n’abandi batizera barubatse.”

Perezida Magufuli ashimangira uru rukundo, ubumwe no gusenga Imana imwe byaranze Abanyatanzania, uyu Mukuru w’Igihugu usanzwe umuyoboke wa kiliziya yavuze ko ikimenyimenyi hari abo bagendana b’abasilamu baje gusengera muri kiliziya, ati: “Bamwe mu bo tugendana umunsi ku wundi, bamwe ni abasilamu, kandi nabo turi kumwe.”

Ikibazo yagize ni ukubona abo basilamu baba babyiganira mu musigiti muto badakwiyemo, maze abasabira inkunga ahereye kuri Musenyeri mukuru wahise atanga inkunga y’amashilingi ya Tanzania 200,000. Inkunga yose yahavanye yo gufasha abasilamu ingana n’amashilingi miliyoni 48.

Nk’uko Perezida Magufuli yabitangaje, mu gihe uyu musigiti uzaba wuzuye, bose hamwe bazawutaha nk’uko batashye iyi kiliziya ya Dodoma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *