Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli kuri uyu wa 17 Gicurasi 2020 yatangaje ko umwana we yakize icyorezo cya Covid-19 nyuma yo kunywa imiti irimo tangawizi.
Ni mu gihe yari yitabiriye amasengesho, yibutsa abakirisitu ko Imana ari yo yabasha gukuraho iki cyorezo cyugarije Isi, mu gihe bakomeje kuyisenga.
Magufuli yahishuriye aba bakirisitu ko nâumwana we yagaragayeho iki cyorezo, ati: âNanjye ubaganirira aha ngaha, umwana wanjye nibyariye yanduye Corona.â
Yakomeje avuga ko ariko uyu mwana we yakize nyuma yo kwishyira mu kato, akanywa imiti irimo âtangawiziâ. Magufuli ati: âYarakize, ubu ni muzima, ari gukora âpush upâ.
Uyu Mukuru wâIgihugu atangaje ibi nyuma yo kugaragaza ko atemera ibiva mu bipimo bya Laboratwari Nkuru yâIgihugu yemeza abanduye iki cyorezo, byatumye akora iperereza agasanga ipapayi ndetse nâihene na byo bigaragaza ko byanduye iki cyorezo.


