Perezida Magufuli yirukanye umuyobozi wa Laboratwari y’Igihugu ipima Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli yirukanye Dr. Nyambura Moremi wari uyoboye Laboratwari Nkuru y’Igihugu nyuma y’aho akemanzwe umusaruro uva mu bipimo bya Covid-19, yakora igenzura ryigenga, ibyuma bikoreshwa bikagaragaza ko n’ipapayi irwaye iki cyorezo.

Tanzania imaze iminsi ivugwamo kuzamuka gukabije kw’imibare y’abandura Covid-19, ku Cyumweru tariki ya 3 Mata 2020 bari bamaze kurenga 480. Uyu Mukuru w’Igihugu yashidikanyije kuri uyu mubare, yohereza inzobere z’abashakashatsi kugira ngo zisuzume ibyuma bipima iki cyorezo muri iyi Laboratwari.

Bajyanye ibipimo by’ihene, urukwavu, intama, inkware, ifenesi, amavuta y’imodoka n’ipapayi. Perezida Magufuli yashyikirijwe ibyavuye mu bipimo bigaragaza ko ibirimo ipapayi bigaragaza akamenyetso ka +ve(positive) bisobanuye ko irwaye iki cyorezo.

Ntabwo iyirukanwa rya Dr. Nyambura ryahise ryerura ngo rivuge icyo yazize keretse ko ari gukorwaho iperereza.

Ubushakashatsi bwakozwe bwemeza ko indwara ya Covid-19 ishobora gufata umuntu cyangwa inyamaswa, ibi biremwa byombi bikaba byanakwanduzanya. Ntabwo bwigeze bugaragaza ko yafata mu bimera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *