Ku wa 05 Gicurasi 1994: Radiyo Rwanda yunganiye RTLM mu gutanga ubutumwa bwo kwihutisha Jenoside
Ku wa 05 Gicurasi mu 1994, Jenoside yakorewe Abatutsi yari igikomeje, gusa mu ntangiriro z’uko kwezi ingabo za RPF Inkotanyi zari zaramaze gufata ibice bitandukanye by’igihugu zinabihagarikamo Jenoside, ibyatumye Guverinoma y’abicanyi ishaka buryo ki kwica Abatutsi byakwihutishwa mu bice byari bitarakorwamo. Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), ivuga ko ku wa 05 Gicurasi mu 1994, […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Nta murwayi wagaragaye uyu munsi

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 5 Gicurasi 2020 yatangaje ko nta murwayi wa Covid-19 wagaragaye mu bipimo 896 byafashwe. Abamaze gukira ni 129 harimo umwe w’uyu munsi. Umubare w’abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange wagumye 261, abakirwaye ni 132.
Ababyaza baracyari bake mu Rwanda
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Ababyaza mu Rwanda, Josephine Murekezi atangaza ko mu Rwanda ababyaza bakiri bake n’ubwo bagiye biyongera mu myaka ishize. Murekezi avuga ko kuba ababyaza bakiri bake ari inkomyi kuko bituma bakora amasaha menshi nta kiruhuko. Yatangarije The New Times ko umunsi mpuzamahanga w’ababyaza mu Rwanda usanze hakiri iki kibibazo muri uru rwego. Ati “ […]
Umunyamakuru Burasa Jean Gualbert wayoboraga Rushyashya yitabye Imana
Umuyobozi w’Ikinyamakuru Rushyashya, Burasa Jean Gualbert, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri azize uburwayi. Urupfu rwa Burasa rwemejwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ)ku gicamunsi cy’itariki ya 5 Gicurasi 2020. Mu itangazo ryatanzwe na ARJ ku urubuga rwa Twitter ryavugaga ko nyakwigendera yaguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, aho yari arwariye guhera mu mpera z’ukwezi kwa […]
Umukongomani wakiniye Schalke yabonetse ari muzima nyuma y’imyaka ine abitswe ko yapfuye
Umunya-Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Hiannick Kamba, wahoze akinira Schalke 04 yo mu Budage, yabonetse ari muzima mu mujyi wa Ruhr muri kiriya gihugu nyuma y’imyaka ine bitangajwe ko yapfuye. Uyu mugabo wakinaga inyuma ku ruhande rw’iburyo, byatangajwe ko yapfuye ku wa 09 Mutarama 2016 aguye mu mpanuka y’imodoka yabereye iwabo muri Congo Kinshasa. Nyuma […]
Somalia: Indege yo muri Kenya yari itwaye ibikoresho byo kurwanya Covid-19 yarashwe

Kuri uyu wa mbere tariki ya 4 Gicurasi 2020, indege ifite izina rya Embraer 5Y-AXO yari itwaye ibikoresho byo kwifashisha mu kurwanya icyorezo cya Covid-19 yarasiwe muri Somalia mu mugi wa Bardale. Abantu batandatu bari muri iyi ndege barimo Abanyakenya babiri b’abapilote: Capt. Mabruk Sherman na Omar Chiraghdin ndetse n’Abanya-Somalia bane bose bahasize umuzima. Amakuru […]
Operasiyo Oak: Hitler yakuye mu menyo ya rubamba Mussolini mu buryo butangaje

Igitero cyiswe Oak cyangwa Gran Sasso ni igitero cyateguwe n’Ubudage ku busabe bwa Adolf Hilter wari uyoboye iki gihugu kuwa 12 Nzeri 1943 hagamijwe gufunguza Minisitiri w’Intebe w’Ubutaliyani, Benito Mussolini wari ufungiwe mu misozi iri ku butumburuke bwa metero 2,912. Mu ijoro ryo kuwa 24 rishyira 25 Nyakanga 1943, Ishyaka rya Fascist ryafashe icyemezo cyo […]
Arasaba Leta guta muri yombi abavugabutumwa bakora ibitangaza nyuma ya Covid19
Igitekerezo cy’umugabo cyatambutse mu kinyamakuru olexhome, cyasabaga leta z’ibihugu by’Afurika ko nyuma ya gahunda ya Guma mu Rugo hazatabwa muri yombi abanyamadini : abahanuzi: Pasiteri, Apôtre na Bishops bazwi cyane bo muri Afurika bahora bavuga ko bafite imbaraga zikiza kandi ari impimbano. Iki gitekerezo kigira kiti: “Nyuma yo gufungura, gahunda ya Guma mur Rugo ikavaho […]
Umwanzuro ku marushanwa ategurwa na FERWAFA uzatangazwa bitarenze tariki ya 30

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, kuri uyu wa 5 Gicurasi 2020 ryatangaje ku umwanzuro ku marushanwa ritegura uzafatwa bitarenze tariki ya 30 muri uku kwezi. Hashingiwe ku myanzuro y’inama ya Komite Nyobozi ya FERWAFA yo ku wa 1 Gicurasi 2020, yigaga ku buryo amarushanwa iri shyirahamwe ritegura, umwaka w’imikino wa 2019/2020 azasozwa bitewe n’icyorezo […]
COVID-19: Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ugiye gusuzuma umuti wa Madagascar
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangaje ko uri kuvugana na Leta ya Madagascar ushaka kubona amakuru ya gihanga ngo upime niba uyu muti ntacyo utwaye kandi uvura coronavirus nk’uko bitangazwa. Uyu muryango uvuga ko nubona amakuru arambuye ibigo byawo byo gukumira no kurwanya ibyorezo (Africa CDC) bizayasuzuma bikareba niba uyu muti wiswe Covid Organics uvura. […]
Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba waba ugiye guhuhuka
Uyu Muryango wa EAC mu 1996 nibwo wabonye izuba ku mugaragaro ushinzwe n’ibihugu bitatu: Kenya, Tanzaniya na Uganda. U Rwanda n’u Burundi byawinjiyemo muri 2006 mu gihe Sudani y’Epfo yo yawinjiyemo muri Mata 2016. Uyu Muryango kuva washingwa wakomeje kugaragaza ubushake bwo gukomera no kureba uko watera imbere mu by’ubukungu no kuziyunga, amaherezo bikazavamo igihugu […]
Rusumo: Abatwara amakamyo bo muri Tanzania bakoze igisa n’imyigaragambyo
Abatwara amakamyo manini bava muri Tanzania bakoze igisa n’imyigaragambyo ku Mupaka wa Rusumo, bibasira abo ku ruhande rw’u Rwanda, bamagana uburyo bushya buriho bwo guhinduranya abashoferi igihe bageze ku mupaka. Ibi byabaye kuwa Mbere tariki 4 Gicurasi aho abashoferi bamaganaga amabwiriza yashyizweho n’uruhande rw’u Rwanda ko umushoferi uvuye muri Tanzania atazajya yambuka umupaka wa Rusumo, […]
Perezida Magufuli yirukanye umuyobozi wa Laboratwari y’Igihugu ipima Covid-19
Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli yirukanye Dr. Nyambura Moremi wari uyoboye Laboratwari Nkuru y’Igihugu nyuma y’aho akemanzwe umusaruro uva mu bipimo bya Covid-19, yakora igenzura ryigenga, ibyuma bikoreshwa bikagaragaza ko n’ipapayi irwaye iki cyorezo. Tanzania imaze iminsi ivugwamo kuzamuka gukabije kw’imibare y’abandura Covid-19, ku Cyumweru tariki ya 3 Mata 2020 bari bamaze kurenga 480. […]