Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, kuri uyu wa 5 Gicurasi 2020 ryatangaje ku umwanzuro ku marushanwa ritegura uzafatwa bitarenze tariki ya 30 muri uku kwezi.
Hashingiwe ku myanzuro y’inama ya Komite Nyobozi ya FERWAFA yo ku wa 1 Gicurasi 2020, yigaga ku buryo amarushanwa iri shyirahamwe ritegura, umwaka w’imikino wa 2019/2020 azasozwa bitewe n’icyorezo cya Covid-19.
Umwanzuro uzafatwa kuri aya marushanwa uzashingira ku byemezo bya Guverinoma y’u Rwanda bijyanye n’iki cyorezo.
Bitewe n’iki cyorezo, amashyirahamwe atandukanye ku Isi yagiye afata imyanzuro itandukanye. Hari ayashyize ku iherezo shampiyona imburagihe nko mu Bafaransa, aho Paris Saint Germain yari ifite amanota menshi ku rutonde rw’icyiciro cya mbere yahawe igikombe. Ibi ariko si ko byagenze muri Angola, ho amarushanwa yahinduwe imfabusa.
Hari andi mashyirahamwe ategereje gufata umwanzuro ku hazaza h’amarushanwa ategurwa. Yose ategerejweho umwe mu myanzuro ikurikira:
- Kugira umwaka w’imikino wa 2019/2020 imfabusa.
- Guha ibikombe amakipe ari imbere mu manota, mu marushanwa n’ibyiciro bitandukanye.
- Gusubukura amarushanwa mu gihe kiri imbere.



