Perezida Nkurunziza yakoze impinduka zitunguranye mu butasi bw’Uburundi

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Uburundi, Pierre Nkurunziza yakoze impinduka zitari zitezwe mu nzego z’ubutasi z’Uburundi (SNR) aho yasimbuje Gen. Etienne Ntakirutimana wari umaze igihe ayobora uru rwego.

Amakuru yizewe Bwiza.com ifite ni uko Nkurunziza yagize Gen. Gervais Ndirakobuca uzwi nka Ndakugarika, umuyobozi mukuru wa SNR naho Gen. Ntakirutimana yimurirwa mu biro by’umukuru w’igihugu mu mwanya w’umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa bya gisirikare.

Gen. Ntakirutimana uzwi nka Steve mu Burundi ni we wari wayoboye SNR kuva mu 2015 nyuma y’aho Gen. Godefroid wari uyiyoboye afashe icyemezo cyo gukora coup d’etat ikamupfubana, agafata iy’ubuhungiro.

Ni ibihe byakurikiye imvururu za politiki n’ubwicanyi buhambaye mu gihugu.

Urwego SNR rwashyizwe ku murongo neza mu 2006 aho kuva mu 2004 kugeza mu 2014 rwayobowe na nyakwigendera Gen. Adolphe Nshimirimana.

Izi mpinduka zije mu gihe Uburundi bukomeje guhangana n’ibitero by’inyeshyamba za RED-TABARA mu bice bihana imbibi na Congo-Kinshasa.

Ni mu gihe kandi havugwa umwuka mubi mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD ndetse no mu gisirikare cy’iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *