Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageze i Dar es Salaam mu gihugu cya Tanzania aho yitabiriye ibirori by’umunsi mukuru w’ubwigenge bw’iki gihugu.
Ibiro by’Umukuru w’igihugu kuri Twitter byemeje ko Perezida Kagame akigera i Dar Es Salaam yakiriwe na Minisitiri wa Tanzania ushinzwe itegeko nshinga n’amategeko, Prof. Palamagamba John Kabudi.
Ejo ku wa Kane tariki ya 09 Ukuboza ni bwo Tanzania izizihiza imyaka 60 imaze ibonye ubwigenge, nyuma yo kwigobotora ingoma y’abakoroni.


