donald_trump_leaves_white_house_for_last_time_ap_photos_1611150570__rend_4_3.jpg

Perezida Trump yashinguye ikirenge bwa nyuma kuri White House (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Perezida Donald Trump yasohotse muri White House bwa nyuma nka Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, mbere y’amasaha make ngo Joe Biden arahirire kuyobora kiriya gihugu.

Perezida Trump yafatiye indege ku kibuga cya Andrews base kiri kuri White House aherekejwe na Melania we, mbere yo kwerekeza iwe muri Leta ya Florida muri kajugujugu ya gisirikare.

Kuri Andrews Base Trump yaramukijwe amasasu y’imbunda n’indirimbo za gisirikare nk’uburyo bwo kumuha icyubahiro, mbere y’uko ajya gutangirira ubuzima bushya iwe mu rugo.

Habura amasaha make ngo ave mu biro, Perezida Trump yahaye imbabazi imfungwa 140 zirimo Steve Bannon wahoze ari umujyanama we ndetse n’umuraperi Lil Wayne.

Yavuze ko ashimishijwe n’ibyo yagezeho mu myaka ine ishize, harimo kuzahura umubano wa Israel n’ibihugu bigenzi byayo byo mu Barabu batacanaga uwaka, anasaba Abanyamerika gusengera ubutegetsi bushya bugiye kuza.

Uyu mutegetsi utari bwitabire irahira rya Perezida Joe Biden, ni we Perezida wa mbere wa Leta zunze Ubumwe za Amerika wanze kwitabira umuhango w’irahira ry’uwamusimbuye kuva mu 1869 ubwo Perezida Andrew Johnson yangaga kwitabira irahira rya Ulysses S Grant.

Joe Biden na Visi-Perezida we, Kamala Haris, bararahirira i Washington saa moya z’i Kigali kuri uyu wa Gatatu.

Ni nyuma y’uko mu ijoro ryakeye bombi bafashe umwanya wo guha icyubahiro Abanyamerika babarirwa muri 400,000 bishwe na COVID-19.

Avugira mu mujyi wa Delaware atuyemo mbere yo kwerekeza i Washington, Joe Biden yabwiye abanyamakuru ko Amerika ubu iri mu gihe cy’umwijima, gusa hakaba hari icyizere cy’uko izongera kubona urumuri.

Washington kuri ubu ni umujyi ugoswe n’abasirikare babarirwa muri 25,000, mu rwego rwo kwirinda ko hari icyahungabanya umuhango w’irahira rya Perezida wa Repububulika. Ni nyuma y’uko uyu murwa mu minsi yashize wibasiwe n’imyigaragambyo ikomeye y’abashyigikiye Trump, bikagera n’aho bagaba igitero ku nteko ishinga amategeko.

Perezida Joe Biden ararahizwa nka Perezida wa 46 wa Amerika na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, John Roberts.

Icyamamare mu muziki wa Amerika, Lady Gaga ni we uza kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu muri uriya muhango, afatanyije n’abarimo Jennifer Lopez na Garth Brooks.

Mu bitabira umuhango w’irahira rya Biden na Halis harimo Barack Obama yabereye Visi-Perezida mu myaka umunani, cyo kimwe n’abayoboye Leta zunze Ubumwe za Amerika nka George W. Bush na Bill Clinton.

Mike Pence wari umaze imyaka ine ari Visi-Perezida wa Trump na we aritabira uriya muhango, nyuma yo kumusezeraho ku kibuga cya Andrews base.

blno2oqo_donald-trump-_625x300_20_january_21.jpg

donald_trump_leaves_white_house_for_last_time_ap_photos_1611150570__rend_4_3.jpg

trump-wh-01.20.21.jpg

t_1784cbb0331a4cbab70c9d82a00d91e6_name_t_f8f8c10037f4451daf90c079483ad51f_name_file_1280x720_2000_v3_1_.jpg.png

pri179787311.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *