Perezida Trump yatumiye perezida Buhari nyuma yo kuganira kuri telefone

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump kuri uyu wa Mbere yagiranye ikiganiro ku murongo wa telefone na perezida Muhammadu Buhari ari London mu Bwongereza aho Buhari yashimiye Donald Trump kuba yaratorewe kuyobora Amerika.
Abayobozi b’ibihugu byombi baganiriye ku kuntu bakomeza ubufatanye mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba binyuze mu gushaka ibikoresho bikenewe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika iravuga ko perezida Trump yasabye perezida Buhari gukomeza ibikorwa byiza arimo gukora mu gihugu cye, amushimira ingufu yashyize mu gutabara abakobwa mu mujyi wa Chibok ndetse n’intambwe igisirikare cya Nigeria kirimo gutera.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi yahumurije mugenzi we wa Nigeria amubwira ko igihugu cye kiteguye kugera ku masezerano mashya na Nigeria ku bijyanye no gufasha icyo gihugu kubona ibikoresho bya gisirikare bikenewe mu kurwanya iterabwoba.
Perezida Donald Trump kandi yatumiye perezida Buhari i Washington ku itariki aba bayobozi bombi bazumvikanaho. Ku ruhande ariko bikaba bivugwa ko kuva perezida Buhari yajya kwivuza mu Bwongereza ataragera ahagaragara.
Nyuma yo kuvugana na perezida Buhari, byari biteganyijwe ko perezida Trump anavugana na perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma nk’uko iyi nkuru isoza ivuga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *