Perezida Tshisekedi yahaye isezerano rikomeye abakinnyi ba RDC nyuma yo kugwa miswi na Maroc

Sangiza iyi nkuru

Perezida Félix Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yasezeranyije abakinnyi b’ikipe y’iki gihugu ko azabaherekeza muri Maroc mu rwego rwo kubatera ingabo mu bitugu mu rugamba rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 barimo.

Ku gicamunsi cy’Ejo ku wa Gatanu Ikipe y’Igihugu ya Congo Kinshasa, Les Léopards, yari yakiriye i Kinshasa Les Lions de l’Atlas ya Maroc mu mukino ubanza w’ijonjora rya nyuma mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar muri uyu mwaka.

Perezida Tshisekedi ni umwe mu banyacyubahiro bari muri Stade des Martyrs bagiye gushyigikira Ikipe y’igihugu cye muri uyu mukino warangiye iguye miswi na Maroc igitego 1-1.

Abakongomani bafunguye amazamu ku munota wa 12 w’umukino biciye kuri Yoane Wissa, mbere y’uko Maroc yahushije Penaliti muri uyu mukino yishyura ku munota wa 76 ibifashijwemo na Tarik Tissoudali.

Ni umukino ikipe ya Congo yasoje ifite abakinnyi 10 mu kibuga nyuma y’ikarita itukura yeretswe Glody Ngonda Muzinga wari ukiniye nabi Achraf Hakimi ku munota wa 85.

Nyuma y’umukino Perezida Tshisekedi yasanze abakinnyi mu rwambariro mu rwego rwo kubashimira, abizeza ko azaba ari kumwe na bo i Casablanca ubwo bazaba bakina umukino wo kwishyura ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha.

Ati: “Mukomereze aho basore. Mwagaragaje ubukuru. Iyi kipe irakinika, ntabwo nemejwe n’imikinire yabo. Twashoboraga gutsinda ibirego bine. Ntimuhagarike imitima basore, nzaba ndi kumwe namwe muri Maroc kandi nzi ko tuzakomeza.”

Congo Kinshasa ifite akazi katoroshye ko gutsindira Maroc iwayo kugira ngo yongere gusubira mu gikombe cy’Isi iherukamo mu myaka 48 ishize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *