Perezida wa Congo yatunguranye mu nama irimo Kagame na Museveni

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Congo, Denis Sassou Nguesso yatunguranye aza yiyongera ku bakuru b’ibihugu bitabiriye ibiganiro byahuje Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, Yoweli Museveni wa Uganda yiga ku bibazo biri mu karere.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Angola yari yatangaje ko iyi nama izitabirwa n’abaperezida bane  ari bo: Felix Tshisekedi wa Congo- Kinshasa, Yoweli Kaguta wa Uganda, Joà£o Lourenà§o wa Angola na Paul Kagame w’u Rwanda.

Nyuma mu masaha ya mu gitondo kuri uyu wa 21 Kanama 2019, ni bwo byamenyekanye ko Perezida wa Congo-Brazaville, Denis Sassou Nguesso ari mu bari bwitabire ibi biganiro.

Perezida Nguesso yatumiwe na mugenzi we, Joà£o Lourenà§o, aho byitezwe ko na we aza kugira uruhare mu biganiro bihuza abakuru b’ibi bihugu.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Ubusanzwe Angola na Congo-Brazaville basanzwe bafitanye umubano mwiza mu by’ubukungu. Ibinyamakuru bitandukanye bivuga ko iyi yaba ari yo mpamvu uyu mugabo uri mu barambye ku butegetsi yaba yatumiwe muri iyi nama.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *