Polisi yanze guha amakuru Dr Himbara uvuga ko hari abashaka kumwica

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo mu Mujyi wa Toronto muri Canada yanze guha amakuru umwarimu muri Kaminuza, impuguke mu by’ubukungu, Dr David Himbara uvuga ko hari abantu bashaka kumwica.

Himbara nk’uko Chimpreports ibitangaza, aherutse gutangaza ko hari abantu bashaka kumwica. Yavuze ko abateguye uyu mugambi babinyujije ku wundi muntu, ahita abigeza kuri polisi ndetse ko na we ubwe bwite yagejeje iki kuri polisi ya Toronto.

Dr Himbara yavuze ko ashaka kumenya aho bigeze gusa ngo polisi imbubera ibamba ivuga ko itakora ibihabanye n’amategeko. Ngo yamubwiye ko hakiri kare ku kuba yatangaza uko bihagaze bitewe n’aho iperereza rigeze.

Polisi ya Toronto yamusabye kujuririra iki cyemezo.

Avuga kuri ibi, Himbara yagaragaje ko akemanga ubukererwe bw’iperereza kandi ko iyi ngingo ishyira ubuzima bwe mu kaga.

Ati “  Iperereza rya kinyamwuga rifata umwaka cyangwaa igice cyawo ndumva ritandinda.”

Ku rundi ruhande avuga ko ategereje ikizava mu iperereza.

Dr Himbara yigeze kuba umujyanama wa Perezida Kagame mu by’ubukungu. Ni mukuru wa Col. Tom Byabagamba wahoze ayobora abarinda umukuru w’igihugu (RG). Yaje guhunga igihugu, ajya muri Afurika y’Epfo nyuma yerekeza muri Canada.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Azwiho kuba umwe mu banenga Leta y’u Rwanda atarya umunwa ku mbuga nkoranyambaga ze. Abamunenga bavuga ko yigize imbonera mu bijyanye n’ubukungu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *