PSG yaba yafashe icyemezo cyo kwikiza Neymar umaze kuyirambira

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa yafashe icyemezo cyo kugurisha umunya-Brésil Neymar Jr., nyuma yo kumurambirwa kubera imyitwarire mibi.

Ni inkuru yatangajwe n’umunyamakuru Romain Molina uri mu bakomeye mu Bufaransa.

PSG byavuzwe ko ishaka kwikiza Neymar, nyuma y’uko bivuzwe ko uyu munya-Brésil aheruka kurwana na Gianluigi Donnarumma usanzwe ari umunyezamu wa PSG, bashinjanya kugira uruhare mu gutuma Real Madrid ibasezerera muri 1/8 cya UEFA Champions league.

Ni amakuru cyakora cyo aba bakinnyi bombi baheruka guhakana.

Molina yavuze ko afite amakuru y’uko abanya-Qatar bafite PSG bamaze kurambirwa Neymar kubera ibibazo bitandukanye.

Muri byo harimo umubano mubi usanzwe uri hagati ya PSG na Neymar Sr [se wa Neymar], imvune za hato na hato z’uriya mukinnyi ndetse n’ibibazo akunze kugira hanze y’ikibuga.

Ibi birajyana no kuba umusaruro uyu musore atanga mu kibuga ntaho uhuriye n’akayabo ka miliyoni 222 z’ama-Euro yaguzwe, ubwo yavaga muri FC Barcelona muri 2017. PSG yaguze Neymar kugira ngo ayifashe gutwara UEFA Champions league, gusa imyaka ibaye itanu itarabasha gutwara iki gikombe.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru byari byitezwe ko iriya kipe y’i Paris ishobora gufashwa na Neymar cyo kimwe na Messi gutera intambwe iyiganisha kuri kiriya gikombe, gusa isezererwa na Real Madrid mu buryo butunguranye ku bitego 3-2.

Amakuru avuga ko Emir wa Qatar yamaze gufata icyemezo ntakuka cyo kugurisha Neymar mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Bivugwa ko iyi kipe yifuza byibura kuba yagurisha Neymar ku kayabo ka miliyoni 100 z’ama-Euro bijyanye no kuba bigoye kugaruza ayo yamuguze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *