PSG yihimuye kuri FC Barcelona ijya kuyinyagirira ku kibuga cyayo

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa, yihimuriye kuri FC Barcelona iyinyagira ibitego 4-1 iyisanze ku kibuga cyayo cya Camp Nou.

Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league.

FC Barcelona ni yo yafunguye amazamu mbere ku gitego cya penaliti ya Messi yo ku munota wa 27 w’umukino, nyuma y’ikosa Frenkie de Jong yari akoreweho na Layvin Kurzawa.

Ntibyasabye igihe kinini ngo PSG yishyure iki gitego, kuko Kylian MbappĂ© watsinze ibitego bitatu wenyine muri uyu mukino yahise akishyura nyuma y’iminota itanu, maze amakipe yombi ajya kuruhuka anganya igitego 1-1.

PSG yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 65 nanone ibifashijwemo na MbappĂ©, nyuma y’uko ba myugariro ba Barça bari bananiwe gukura ku izamu ryabo umupira wari uhinduwe na Alessandro Florenzi.

Paris yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 70 ibifashijwemo na Moise Kean yatijwe na Everton yo mu Bwongereza, mbere y’uko MbappĂ© atsinda agashinguracumu ku munota wa 85 w’umukino.

FC Barcelona yarushijwe

Bitandukanye n’ibyari byitezwe muri uyu mukino, ikipe ya PSG yitwaye neza cyane, iha akazi gakomeye FC Barcelona nyamara yari idafite Neymar na Di Maria bavunitse.

Abakinnyi nka Mbappé na Moise Keane bari mu bahaye akazi gakomeye ubwugarizi bwa Barcelona, mu gihe abarimo Marco Veratti na Ander Herera na bo babujije abakina hagati mu kibuga ba Barça kudatembereza umupira uko bikwiye.

Ba myugariro Marquinhos na Presnel Kimpembe na bo bari maso, ku buryo abarimo Lionel Messi, Ousmane Dembele na Antoine Griezmann batigeze bagaragara muri uriya mukino.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe kubera i Parc des Princes ku wa 10 Werurwe.

Kurikira amakuru n’ibiganiro kuri Bwiza TV, ukanze hano

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *