niyukuri_dieudonne_yafatiwe_hamwe_n_abandi_batatu_ubwo_bari_bageze_mu_mujyi_wa_kirundo-e8f88

Rabin byavugwaga ko yaba yarishwe yaba ari mu maboko y’ubutasi bwa gisirikare bw’u Burundi 

Sangiza iyi nkuru

Umurundi Dieudonné Niyukuri ‘Rabin’ wahoze aba mu Rwanda, biravugwa ko yaba ari mu maboko y’urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu Burundi.

Mu minsi 36 ishize ni bwo Niyukuri wamenyekanye cyane mu biganiro byatambukaga ku miyoboro wa YouTube na bagenzi be Éloi Nkurunziza, Venant Ndikumana, Bonaventure Nkuriyingoma, na Fabrice Ribwirumutima batawe muri yombi.

Mu gihe mu minsi ishize hakwirakwiye amakuru y’uko Rabin yishwe n’iperereza ry’u Burundi nyuma y’uko Médard Muhiza urikorera atangarije mu kiganiro cy’ishyirahamwe FOCODE ko “yishwe n’u Rwanda”, kuri ubu amakuru aravuga ko uriya muntu yaba ari mu maboko y’ubutasi bw’igisirikare cy’u Burundi.

Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Pacifique Nininahazwe abinyujije ku rubuga rwe rwa Facebook, yatangaje ko hari rimwe mu masoko y’inkuru yo muri ruriya rwego ryamubwiye ko ” Dieudonné Niyukuri bita Rabin na bagenzi be bafitwe n’iperereza rya gisirikare (G2). Iri soko rivuga ko muri G2 bagifite amakuru menshi biteze gukura muri Rabin.”

Nininahazwe kandi avuga ko nyuma y’itabwa muri yombi rya Rabin hari abandi bantu mu Burundi batawe muri yombi bazira kuba baragiye bavugana na we.

Barimo uwitwa François Nzambimana, wahoze mu gisirikare bivugwa ko yashimuswe hagati y’itariki ya 19 n’iya 22 Nzeri, Pascal Nshimirimana bita Cardo, wahoze mu gisirikare cy’u Burundi wafashwe ku wa 3 Nzeri akuwe aho yakoreraga ku bitaro Polyclinique Roi David, umupolisi witwa Benjamin Nzambimana wari usanzwe ari umushoferi mu Ishuri Rikuru rya Polisi na Audace Icoyitungiye, umuforomo wahoze mu gisirikare cy’u Burundi wafashwe ku wa 21 Nzeri yagiye gusenga.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *