Ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na Espoir FC ibitego 3-1, irangiza shampiyona ku mwanya wa gatandatu yaherukagaho mu myaka 10 ishize.
Iyi kipe y’igikundiro kurusha izindi mu Rwanda yari yakiriye Espoir y’i Rusizi, mu mukino w’umunsi wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wabereye kuri Stade ya Bugesera.
Ni Rayon Sports yaherukaga kwandagara imbere ya Rutsiro FC yayitsinze ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona.
Umukongomani HĂ©ritier Nzinga Luvumbu ni we wafunguriye Rayon Sports amazamu ku munota wa 28 w’umukino, mbere y’uko John Musasizi yishyurira Espoir nyuma y’iminota 10.
Amakipe yombi yagiye mu kiruhuko anganya igitego 1-1.
Espoir FC yayoboye igice cya kabiri cy’umukino birangira ikibonyemo ibindi bitego bibiri.
Muhoozi Fred yatsindiye iyi kipe y’umutoza Gatera Mussa igitego cya kabiri ku munota wa 77, mbere y’uko Suley Sadick atsinda agashinguracumu ku munota wa 85 w’umukino.
Gutsindwa uyu mukino byatumye Rayon Sports irangiza shampiyona ku mwanya wa gatandatu n’amanota atanu yonyine.
Mu mikino irindwi iyi kipe yakinnye muri shampiyona y’amakipe yahataniraga igikombe cya shampiyona, yatsinzemo umwe, inganya ibiri itsindwa indi ine.
Iyi kipe yinjije ibitego birindwi byonyine yo yinjizwa 12, ibyatumye irangiza shampiyona ifite umwenda w’ibitego bitanu.
Bugesera FC Rayon Sports yatsinze ibitego 3-1 ni yo kipe rukumbi yashoboye gukuraho amanota atatu.
Si umusaruro mwiza na busa ku kipe yatwaye imitima ya benshi mu bakunzi ba ruhago!
Rayon Sports yaherukaga kugira umusaruro mubi gutya muri shampiyona ya 2010/2011, ubwo na bwo yarangizaga shampiyona iri ku mwanya wa gatandatu.
Mu mikino 22 ya shampiyona iyi kipe yari yakinnye, yashoboye kubonamo amanota 28 yonyine.
Ni Rayon Sports yari yaratsinze ibitego 25 yo itsindwa 26, ibisobanura ko yarangije shampiyona ifite umwenda w’igitego kimwe.
Rayon Sports icyo gihe yari inyuma y’amakipe ya La Jeunesse yari ku mwanya wa Gatanu, Etincelles yari ku mwanya wa kane, Police FC yari ku mwanya wa gatatu, Kiyovu Sports yari ku mwanya wa kabiri na APR FC yari yegukanye igikombe cya shampiyona.
Mu mwaka w’imikino wari wabanje (2008/2009) bwo Rayon Sports yari yarangije shampiyona ari iya kane n’amanota 38, inyuma y’amakipe ya Etincelles FC, Atraco FC na APR FC.
Uyu mwanya yongeye kuwurangizaho shampiyona muri season ya 2011/2012 n’amanota 46, irushwa atandatu yonyine na APR FC yari yegukanye igikombe ibifashijwemo cyane n’ikipe ya Marines FC.
Police FC ni yo yari yabaye iya kabiri icyo gihe n’amanota 50 (irushwa abiri na APR) mu gihe Mukura VS yari yabaye iya gatatu na 49.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



4 Responses
Rayon Sports yisubije umwanya mubi muri shampiyona yaherukaga mu myaka 10 ishize
Ntabanga rihari ntamuntu utabibona ko iyi kipe bayisenye kuko ntabwo wambwira ko ikipe ikunzwe nabantu benshi yahura nibibazo nkibi gusa Sadate Imana niyo izamwihembera
Rayon Sports yisubije umwanya mubi muri shampiyona yaherukaga mu myaka 10 ishize
Ntabanga rihari ntamuntu utabibona ko iyi kipe bayisenye kuko ntabwo wambwira ko ikipe ikunzwe nabantu benshi yahura nibibazo nkibi gusa Sadate Imana niyo izamwihembera
Rayon Sports yisubije umwanya mubi muri shampiyona yaherukaga mu myaka 10 ishize
Uwo niwo mwanya ikwiriye.
Rayon Sports yisubije umwanya mubi muri shampiyona yaherukaga mu myaka 10 ishize
Uwo niwo mwanya ikwiriye.