RD Congo: Abaganga bateguye imyigaragambyo karundura kubera ko leta yanze kubumva

Sangiza iyi nkuru

Abaganga ba Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batangaje ko bagiye gukora imyigaragambyo karundura, batagera mu kazi nyuma yuko leta yanze kumva ikibazo cyabo ngo ibongerere umushahara bayisaba wabasha kubabeshaho nyuma yuko ifaranga ry’iki gihugu ritaye agaciro.

Guhera muri Gicurasi 2017 aba baganga bari mu myambaro yabo igizwe n’amataburiya maremare batangiye kujya mu myigaragambyo bashinja leta kutabazamurira umushahara ngo babashe kwibeshaho mu buzima bavuga ko bukomeye muri iki gihugu.

Mbere bajyaga muri iyi myigaragambyo ariko bakabifatanya no gukora akazi, nyamara ubu ngo barateganya gukora iyo myigaragambyo ariko bakanahagarika akazi.

Ni nyuma y’ibiganiro byagiye biba hagati y’aba baganga na leta, ariko ntibitange umusaruro, aba baganga bakaba bavuga ko barambiwe ubu buzima nkuko RFI yabitangaje.

Umunyambanaga Mukuru wa sendika y’abaganga muri Congo(Synaméd), Dr Mankoyi Badjoki yavuze ko ibintu bikomeye muri iyi minsi.

Ati “ Ikibazo cy’abaganga by’umwihariko abakorera leta kirakomeye cyane. Bigeze aho batabasha kwishyura inzu bakodesha, ntibanabone n’’uburyo bwo kujyana abana babo mu ishuri. »

Barasaba ko bahabwa agahimbazamushyi bakanongererwa umushahara kubera ko amafaranga ya Congo yataye agaciro ugereranyije n’idolari rya Amerika usanga ryifashishwa mu bikorwa bitandukanye muri iki gihugu.

Idolari rya Amerika ryavunjwaga amafaranga y’iki gihugu 1600, nyamara mbere ryari 900.

Guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka ifaranga rya Congo ryataye agaciro karyo gasaga 55 % rigereranyijwe n’idolari rya Amerika.

Aba baganga batangaje ko bagiye gukora iyo myigaragambyo ya karundura mu gihe cy’icyumweru mu gihe guverinoma itakemura ibibazo byabo.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Si abaganga bafite iki kibazo bonyine, kuko abacamanza n’abarimu ba kaminuza ya Kinshasa bagomba kwandika itangazo bahuriyeho ku wa kabiri tariki ya 22 Kanama 2017 bamagana ubuzima babayeho, bavuga ko ari bubi kubera umushahara bemeza ko ari muto.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Ntakirutimana Deus/bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *