‎Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi rizwi nka C64, rirategura imyigaragambyo karundura buri uko itariki ntarengwa ya 15 Kanama yegereza; iyi ikaba ari itariki ntarengwa yahawe Perezida Félix Tshisekedi ngo ategure ku mugaragaro ibiganiro bidaheza bigamije gukemura ikibazo cya politiki n’umutekano muke.
‎
‎Mbere, iri huriro ryari ryatangaje gahunda yo gukora imyigaragambyo ikomeye y’abaturage ariko riza kuyisubika kubera ubusabe bw’amadini n’amatorero yari yagiye hagati nk’abahuza na Perezida Tshisekedi.
‎
‎Kuri iyi nshuro, iri huriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, ari na ryo rikomeye kurusha ayandi mu gihugu kugeza ubu, rivuga ko ritazongera gusubira inyuma.
‎
‎C64 ibona ibyo biganiro nk’urubuga rwo kwamagana imigambi yo guhindura Itegeko Nshinga. DieudonnĂ© Bolengetenge, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka rya MoĂŻse Katumbi ryitwa “Ensemble pour la RĂ©publique”, yabivugiye i Kinshasa mu kiganiro n’itangazamakuru.
‎
‎”Intego nyamukuru iracyari imwe: ni ukubuza ko habaho ihungabanywa ry’imiyoborere ishingiye ku Itegeko Nshinga ririho ubu mu gihugu cyacu. Nubwo ibiganiro byafatwa nk’inzira yo kugera kuri iyo ntego twashoboraga kugeraho binyuze mu gitutu, ntibyakwiriye kuvanga ibiganiro ubwabyo n’intego nyirizina. Uko itariki ya 15 Kanama yegereza, niba nta ntambwe ifatika itewe igana ku gutegura ibyo biganiro, tuzakomeza gahunda yacu y’imyigaragambyo twatangaje,” ibi yabibwiye Pascal Mulegwa, umunyamakuru wa RFI ukorera i Kinshasa.
‎
‎Yakomeje agira ati: “Iyo tuza kuba abagira inama twaha Perezida wa Repubulika, nk’ihuriro C64 cyangwa ishyaka ‘Ensemble pour la RĂ©publique’, yari kuba iyi: ‘Nyakubahwa Perezida, hitamo inzira y’ukuri.’ Igihe kiragenda gishira. Tuzahamagarira abaturage ba Congo gufata icyemezo. Ibintu bishobora kuzamba cyane. Kandi naramuka ahisemo ko ibintu birushaho kuba bibi, nta kibuza ko twahamagarira abaturage bacu kwanga kumvira ubutegetsi (civil disobedience).”
‎
‎Kandi ku bijyanye n’iri Tegeko Nshinga nk’uko akomeza avuga, niba hari abavuga bati “Oya, bagiye kurisimbuza irindi ryateguwe hagamijwe inyungu zihariye”, abaturage ntibabashyigikiye. Ibyo bintu birasobanutse neza.
‎


