Inyeshyamba zo mu mutwe wa FRPI (Force de résistance patriotique de l’Ituri) mu ijoro ryo kuwa kabiri rishyira kuri uyu wa gatatu ushize zagabye igitero ku birindiro bya gisirikare mu giturage cya Kaswara, mu birometero 75 mu majyepfo ya Bunia, aho zivuganye abasirikare babiri ba leta ndetse umwana umwe agatwikwa ari muzima nk’uko amakuru avuga.
Iki gitero cyagabwe ku isaha ya saa mbiri, aho abarwanyi basaga 50 ba FRPI, bose bitwaje intwaro bagabye igitero ku birindiro bya FARDC ahitwa Kaswara muri Boloma. Amakuru aturuka aha akaba avuga ko aba barwanyi baje barasa ku basirikare bari aho.
Muri uko kurasa nk’uko Radio Okapi ivuga, abasirikare babiri bal eta bahise bicwa nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’agateganyo wa Walendu Bindi. Uyu muyobozi yakomeje avuga ko nyuma yo kurasana n’ingabo za leta zanatwitse ahandi hantu hari ibirindiro bya gisirikare hagati ya Mogbe na Kaswara.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aha muri Kaswara umwana w’umusirikare wari aho yajugunywe mu muriro n’inyeshyamba atwikwa ari muzima, naho undi mugore uri mu kigero cy’imyaka 30 nawe akomeretswa bikomeye n’isasu.
Umuvugizi wa FARDC muri Ituri, Capt. Kalombo Carlos, yemeje ko ingabo za leta 2 zahasize ubuzima, ariko ahakana ko igitero cyagabwe ku birindiro bya gisirikare, ahubwo ari umutego inyeshyamba zateze ingabo ziri gucunga umutekano, anahakana ko uyu mwana yatwitswe ari muzima.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


