Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje M23 gukoresha za drones n’imodoka zo mu bwoko bwa burende, mu mirwano yabaye mu cyumweru gishize igasiga uyu mutwe wigaruriye uduce dutandukanye two mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo M23 yigaruriye uduce twa Kaniola, Mulamba, Muzinzi na Ciruko; nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ririmo FARDC, Wazalendo n’ingabo z’Abarundi.
Umuvugizi w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo ku ruhande rwa Leta, Didier Kabi Bashizi, yatangaje ko ingabo za RDC na Wazalendo byavuye muri utu duce mu rwego rwo kwirinda ko amaraso ameneka, kuko “AFC/M23 yakoresheje ’drones’ na za burende nyinshi”.
Ati: “Abasirikare bacu ba FARDC bafatanyije n’abakunda igihugu bacu ba Wazalendo basubiye inyuma mu byiciro, mu rwego rwo kwirinda imeneka ry’amaraso.”
Uyu yunzemo ko “uduce tumwe: Kanyola, Muzinzi, Ciruko n’igice cya Mulamba kuri ubu rurafitwe, yego hafitwe n’inyeshyamba.”
Ku wa 10 Kanama, ingabo za RDC na Wazalendo byateye ibirindiro bya AFC/M23 muri Walungu, bigamije kwisubiza utu duce byari byambuwe ariko ntacyo byatanze. Hari abaturage bahungiye aho bizeye umutekano, abandi bafata icyemezo cyo kuguma mu ngo.
Mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane muri teritwari ya Rutshuru na Masisi, na ho hamaze iminsi habera imirwano ikomeye ya AFC/M23 n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR n’indi bihuje ingengabitekerezo irimo Nyatura CMC ndetse na APCLS.
Hari amakuru avuga ko tariki ya 7 Kanama AFC/M23 yasabye abaturage kuva mu bice bimwe na bimwe byo muri gurupoma ya Butanda, sheferi ya Bwito muri teritwari ya Rutshuru mu minsi itanu, ibamenyesha ko hashobora kubera imirwano ikomeye.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye tariki ya 7 Kanama, Umuyobozi wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa, yagaragaje ko Leta ya RDC ibinyujije mu ngabo zayo na Wazalendo, ikomeje gushotora abarwanyi babo.
Bisimwa yagize ati “Kinshasa igomba guhagarika imikino. Turamutse dufashe icyemezo cyo gusubiza ibi bitero, ntibiba bikwiye kuvugwa ko twarenze ku ihagarikwa ry’imirwano. Kwihangana bigira aho bigarukira. Kinshasa nikomeza iyi mikino, tuzirwanaho kandi bazi uko dushobora kwirwanaho.”
Imirwano ikomeje impande n’impande mu gihe tariki ya 19 Nyakanga, Leta ya RDC na AFC/M23 byashyizeho amahame aganisha ku masezerano y’amahoro, arimo ingingo isaba ko imirwano ihagarara burundu.
Byari bitanyijwe ko Leta ya RDC na AFC/M23 bizatangira ibiganiro by’amahoro bitarenze tariki ya 8 Kanama, bibifashijwemo na Qatar, ariko ntibiratangira, n’igihe byimuriwe ntikiramenyekana.


