CREATOR: gd-jpeg v1.0 (using IJG JPEG v62), quality = 75

RDC: Leta yafatiriye inzu za Pero Luwala ukunze kwibasira Tshisekedi

Sangiza iyi nkuru

Inzego z’ubutabera za Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuwa Gatandatu zategetse ko hafatwa inzu z’umunyamakuru Claude Pero Luwala wahunze, aho minisitiri w’ubutabera avuga ko uyu mutungo yawubonye nyuma yo kwinjira mu mutwe  AFC / M23.

Ni nyuma y’umunsi umwe hashyizweho igihembo cya miliyoni 4 z’amadolari agenewe umuntu uzatanga amakuru y’ahantu aharereye yakoroshya itabwa muri yombi rye.

Usibye Pero Luwala, Umuyobozi wa AFC, Corneille Nang’a, Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisimwa, ndetse na Gen. Sultan Makenga uyobora ingabo z’ihuriro bashyiriweho miliyoni 5 buri umwe ku muntu watanga amakuru yatuma bafatwa.

Pero Luwala akaba ari umunyamakuru kugeza ubu hatazwi igihugu aherereyemo, ukomeje kwibasira ubutegetsi bwa Tshisekedi, abwita ubutegetsi bw’injiji kandi zigendera ku macakubiri n’ikimenyene gishingiye ku bwoko.

Ubwo yasubizaga ibijyanye n’amafaranga yashyiriweho, Luwala yavuze ko adateze guhindura uko yabagaho kandi nta muntu n’umwe uzigera amufata niyo leta yasohora miliyoni 40. Yongeyeho ko ubwe leta yamuhaye amamiliyoni ngo areke kuyibasira ariko yongeraho ko umutimanama we n’ukuntu akunda igihugu cye bitamwemerera guceceka amakosa abona mu butegetsi bwa Tshisekedi.

GlisH7hXgAE7 6I

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *