Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila yashyizeho guverinoma y’inzibacyuho,irimo bamwe mu bahoze mu mitwe irwanya ubutegetsi bwe n’ubwa Mobutu Sese Seko, barimo Azarias Ruberwa na Eugène Serufuli.
Iyo Guverinoma itavugwaho rumwe, yahise inamaganwa na bamwe batavuga rumwe na Kabila , iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Bruno Tshibala utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe n’aba visi minisitiri w’Intebe batatu, abaminisitiri ba leta icyenda, abaminisitiri 22 n’abungirije ba Minisitiri 11.
Mu bagarukwaho cyane barimo Azarias Ruberwa, wagizwe Minisitiri wa Leta ushinzwe kwegereza ubuyobozi abaturage n’imivugururire y’inzego.
Ruberwa ni Umunyapoliti w’umunyamategeko wigeze kuba visi Perezida wa Congo, wanabaye umuyobozi w’umutwe RCD,( Rassemblement congolais pour la démocratie) wafatanyije na Laurent Desire Kabila kurwanya Mobutu Sese Seko, baje gutsinda, nyuma ntavuge rumwe na Joseph Kabila.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu matora ya perezida muri 2006, Ruberwa yiyamamarije kuyobora iki gihugu ariko aratsindwa.
Harimo kandi Eugène Serufuli, wagizwe Minisitiri ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Umunyapolitiki wigeze kuba Minisitiri ushinzwe iterambere ry’icyaro guhera mu Kuboza 2014.
Mu bagarutse muri iyi guverinoma kandi harimo Lambert Mende Omalanga na Martin Kabwelulu, bashinzwe itumanaho, itangazamakuru n’ubucukuzi.
Abagore muri iyi guverinoma y’inzibacyuho bahariwe 10%.
Kuba bamwe mu bari muri iyo guverinoma bari basanzwe bayirimo nkuko BBC dukesha iyi nkuru yabitangaje, ngo bishobora gutuma bamwe bagira amakenga, cyane ko bashobora kwibaza ko kugumana abantu bamwe bisobanura ko batazahindura imyumvire.
Ibyo bibaye mu gihe abatavuga rumwe na leta banze kujya muri iyo leta, nubwo bamwe mu bashyizwemo bakomoka mu mashyaka atavuga rumwe na leta. Leta nayo ikaba yatangaje ko izakorana n’abashaka.
Perezida Kabila yavuze ko amatora azakorwa mu gihe azaba yamaze gutegurwa neza.
Mu bizakorwa harimo gusubiramo urutonde rw’abemerewe gutora, ariko ntiyavuze igihe ibi byose bizakorerwa.
Ibiganiro byakozwe mu mwaka ushize mu nzira yo gufasha ubutegetsi mu buryo bwo kurangiza ikibazo cya politiki gikomoka kuri Perezida Joseph Kabila, uvugwaho kwanga kuva ku butegetsi kandi manda ze zararangiye.
Abatavuga rumwe na leta bari bemereye Perezida Joseph Kabila gukomeza kuyobora kugeza ayandi matora atunganyijwe, ari nayo ateganya gushyiraho iyo leta y’inzibacyuho.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


