Imiryango itatu iharanira uburenganzira bwa muntu ariyo (RECIC, ODEP na Collectif 24) yasabye Perezida wa Repubulika, Felix Tshisekedi, ubwitonzi mu gushyiraho abagize Guverinoma, ikaba yazazamo n’abafatiwe ibihano mpuzamahanga.
Iyi miryango ivuga ko hakoranwa ubushishozi kugira ngo Guverinoma itazazamo Abaminisitiri bagiye basohoka muri za Raporo zitandukanye bashinjwa ruswa, guhutaza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, bityo bakaba barafatiwe n’ibihano mpuzamahanga.
Iyi miryango yabisabye umukuru w’igihugu, ku Cyumweru tariki ya 4 Kanama 2019, mu nama yagiranye n’abanyamakuru.
Umunyamabanga w’Umuryango RECIC , Jean Michel Mvondo, asoma itangazo iyi miryango yose yashyizeho umukono, yagize iti “Turasaba Perezida Félix Antoine Tshisekedi kwanga gushyira muri Guverinoma abantu basohowe muri Raporo bashinjwa ruswa, guhutaza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, abantu bagiye bafatirwa ibihano ku rwego mpuzamahanga”.
Radio Okapi itangaza ko Minisitiri w’Intebe, Ilunga Ilunkamba yashyikirijwe urutonde rw’agateganyo rw’abazaba bagize Guverinoma rwakozwe n’amashyaka FCC rya Joseph Kabika na CASH rya Tshisekedi.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Aya mashyaka CACH na FCC ya Joseph Kabila ngo akaba yaricaranye ku wa 29 Nyakanga 2019, agira byinshi yemeranywa harimo gusaranganya ubutegetsi.


