RDC: TP Mazembe yategetswe gusubiza igikombe cya shampiyona ya 2021 yatwaye kigahabwa AS Vita Club

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FECOFA), ryasabye ikipe ya TP Mazembe kurigarurira igikombe cya shampiyona yatwaye mu mwaka ushize kigahabwa ikipe ya AS Vita Club.

Muri Kamena umwaka ushize TP Mazembe yari yegukanye igikombe cya shampiyona ya 2020/2021, nyuma yo kuyirangiza iri ku mwanya wa mbere n’amanota 69.

Iyi kipe y’i Lubumbashi yarushaga amanota atatu AS Maniema yarangije shampiyona ku mwanya wa kabiri, ikarusha kandi amanota ane AS Vita Club yarangije ku mwanya wa gatatu.

Shampiyona ikirangira FECOFA yakuyeho AS Vita Club yari iya mbere amanota icyenda, iyishinja gukinisha umukinnyi utemewe witwa Zao Mutatula.

Ikibazo cy’uyu mukinnyi cyari ku mazina ye aho abaregaga Vita Club bavugaga ko atitwa Zao Mutatula ko ahubwo yitwa Matutala Kiniambi Zola.

Nyuma y’uko Vita yari imaze guterwa mpaga mu mikino itatu uriya mukinnyi yayikiniye bikaba ngombwa ko TP Mazembe ari yo ihabwa igikombe, byabaye ngombwa ko ijurira mu Rukiko mpuzamahanga rwa Siporo ( CAS/TASS) birangira itsinze.

Uru rukiko rwategetse Federasiyo y’umupira w’amaguru muri Congo guha iyi kipe y’i Kinshasa igikombe cyayo.

Mu ibaruwa FECOFA yandikiye ikipe ya TP Mazembe, yayihaye iminsi 15 (kugeza ku wa 14 Werurwe) ngo ibe yamaze kuyigarurira igikombe cya shampiyona yahawe.

Iki gikombe kandi kigomba kuba giherekejwe n’imidari abakinnyi ba Tout Puissant Mazembe bambitswe ndetse na $ 100,000 iriya kipe yahembwe kugira ngo bishyikirizwe ikipe ya AS Vita Club.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *