RDC: Tshisekedi yasubitse uruzinduko mu Buyapani kubera impanuka ya bisi

Sangiza iyi nkuru

Impanuka ya bisi yatwaye ubuzima bw’abantu 30 yatumye Perezida Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo asubika umuhango wo kwimika Umwami mushya w’Ubuyapani yari yaratumiwemo.

Iyi mpanuka yabereye mu murwa mukuru wa Kinshasa, hafi y’agace ka Mbanza Ngungu mu ntara ya ‘Congo Central’.

Iyi bisi yari itwaye abagenzi biganjemo abacuruzi yari ivuye ku isoko ry’umupaka wa Lufu byavuzwe ko yatembagaye ku musozi wa Dilombele mu muhanda uhuza N’kamba na National No 1, nyuma yo kubura ‘feri’.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze n’ibiro bya Perezida, iyi mpanuka yatwaye ubuzima bw’abantu basaga 30, abandi 16 bakomeretse bikabije bikaba bishoboka ko umubare w’abayiguyemo wiyongera. Abapfuye bajyanwe mu buruhukiro bw’ibitaro Nsona Nkulu, abakomeretse na bo bari kwitabwaho n’abaganga.

Perezida Tshisekedi yihanganishije imiryango yagizweho ingaruka n’iyi mpanuka.

fatshi
Ngiri itangazo ryashyizweho umukono na Vital Kamerhe nyuma y’impanuka

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *