Abantu babiri, umusirikare n’umusivili, kuri uyu wa Kane ushize, itariki 22 Kanam bishwe barashwe n’umusirikare wasinze mu giturage cya Jiba, mu Murenge wa Walendu Pitsi, ho muri Teritwari ya Djugu, mu Ntara ya Ituri.
Amakuru aturuka mu gisirikare cya Congo (FARDC) aravuga ko uwo musirikare yarashe mugenzi we batonganye nyuma yo kumenya imishahara yabo.
Undi muntu wishwe, umusivili w’imyaka 32, we yahitanywe n’isasu atari yagenewe (balle perdue) aza kwicwa n’igikomere yageze kwa muganga.
Iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikaba isoza ivuga ko uyu musirikare wishe mugenzi we ndetse n’umusivili kuri ubu afungiwe muri kasho ya pariki ya Bunia.


