csm_9_37b28121a4.jpg

RDF yungutse abasirikare bashya basoje imyitozo y’ibanze (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyungutse abasirikare bashya basoje imyitozo y’ibanze bari bamaze amezi 11 bahererwa mu kigo cy’imyitozo cya Nasho.

Umuhango wo kwinjiza ku mugaragaro aba basirikare mu ngabo z’u Rwanda wabaye ejo ku wa Gatanu, uyoborwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura.

Abasirikare basoje imyitozo berekanye ubumenyi bahawe mu bijyanye n’amayeri y’imirwanire ndetse no gukoresha intwaro biri mu by’ibanze bikenewe muri RDF.

Gen Kazura wari uhagarariye Perezida Paul Kagame muri uriya muhango, yahaye ikaze abasirikare bashya binjiye muri RDF abasaba kwimakaza indangagaciro zayo.

Ati: “Mwinjiye mu muryango mwiza, iyo ni RDF izwi ku bw’indangagaciro zayo zirimo gukunda igihugu, umurava n’ikinyabupfura. Muzakunde kandi mukorere igihugu cyanyu, murinde igihugu cyanyu ndetse n’abaturage bacyo. Ndabakangurira buri gihe kuba aba mbere mu mikoro muzajya muhabwa.

Gen Jean Bosco Kazura kandi yasabye aba basirikare guhora biteguye kubungabunga amahoro, haba mu Rwanda, hanze y’imbibi zarwo muri Afurika ndetse n’ahandi.

csm_2_1ebd9b727d.jpg

csm_9_37b28121a4.jpg

csm_11_22d26d7841.jpg

csm_17_02a866447c.jpg

csm_7_e357684808.jpg

csm_6_ee16adbf4a.jpg

csm_10_e39deb824e.jpg

csm_3_918e028456.jpg

csm_1_d257ece8fb.jpg

Amafoto: @RDF

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *