Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, Dr Murangira Thierry, yaburiye umuntu umaze igihe yigisha ibijyanye n’imibonano mpuzabitsinda ku rubuga rwa YouTube ko ashobora gutabwa muri yombi.
Dr Murangira yasobanuye uko hari abakomeje gukoresha imbuga nkoranyambaga ibikorwa bigize ibyaha. Ati: “Hari bamwe bagenda bazikoresha ibikorwa bigize ibyaha, hari n’abagenda bigana iby’ahandi, bakabizana mu Rwanda, kuko amategeko agenda igihugu runaka, si yo agenga u Rwanda.”
Yakomeje ati: “Kandi rero muri ino minsi biragenda bifata indi ntera, aho hari abantu biharaje kwifata amashusho bakora imibonano mpuzabitsina cyangwa se amafoto y’imyanya ndangabitsina yabo, ugasanga barayahererekanya, barayakwirakwiza kuri za social media. Noneho hari abayafata, bakayifata bo ubwabo cyangwa bakayafata bagenzi babo…”
Umuvugizi wa RIB ageze ku bigisha imibonano mpuzabitsina, yagize ati: “Hari n’abandi bantu biharaje ibintu by’amashusho, imibonano mpuzabitsina ngo ‘uko bayikora’, ibyo bintu bigisha noneho ugasanga, barahamagara ‘imbwa mu izina ryayo’, abo na bo ni umwanya mwiza wo kugira ngo tubahe ubu butumwa.”
Dr Murangira yavuze ko aba bantu bazwi, atanga urugero rw’uwitwa Buryohe. Ati: “Amazina arazwi, ejo, ejo bundi na bo ibi na byo biraza kubageraho. Abantu bamaze kubimenya, RIB irabanza ikawoninga, uwanze ni we ikurikirana. Uwitwa Buryohe yatangiye agenza gahoro, avuga ngo arigisha ariko amaze kurenga umurongo. Ubu butumwa turabumuha. Amafoto agize ibyaha, asubire inyuma, ayagize ibyaha, ashatse yaba ayakuyeho. N’abandi, n’abandi.”
RIB iravuga ko imbuga nkoranyambaga nka YouTube zikoreshejwe neza, mu buryo butagize ibyaha, zatanga umusaruro mwiza. Dr Murangira we akunze kuzigereranya n’inkota y’amugi abiri, ishobora kubyara inyungu ariko igakeba uyikoresheje nabi.



One Response
RIB iraburira umuntu umaze igihe yigishiriza imibonano mpuzabitsina mu ruhame
buryohe tv rwose ninkunguzi muyidadire