G4WKXo6WkAEbcsa

Riyadh: Perezida Kagame yifatanyije n’abandi mu kiganiro ku kiguzi nyacyo cy’umutekano w’ubukungu

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri nyuma ya saa sita, Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi bakuru b’ibihugu mu kiganiro ku kibazo kigira kiti: “Ni ikihe kiguzi nyacyo cy’umutekano w’ubukungu?”

G4WKXopXEAEifM0

G4WKXosWEAAAuIw

Perezida Kagame ari i Riyadh muri Arabia Saoudite, aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya Cyenda yiga ku ishoramari n’iterambere ya Future Investment Initiative (FII9).

G4WKXo6WkAEbcsa

Umukuru w’Igihugu yashimangiye akamaro ko gusubiza ku murongo imikorere y’ubucuruzi mpuzamahanga, agaragaza ko hakenewe uburyo burimo ubufatanye n’ubwisanzure bushobora gufungura uburyo budaheza bufungura iterambere ringana ku bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

G4R Ge2XQAAFSwt 1

Perezida Kagame yageze i Riyadh kuri uyu wa Mbere, itariki 27 Ukwakira, agirana ibiganiro n’Igikomangoma, Mohammed bin Salman, mbere y’inama ya 9 ya Future Investment Initiative.

G4R J9VXYAAFkm4

Ibiganiro byabo byibanze ku gukomeza gushimangira ubufatanye bw’u Rwanda n’Ubwami bwa Arabia Saoudite mu nzego z’ingenzi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *