Umunya-Brésil Ronaldinho Gaùcho yongeye gushimangira ko ari umukinnyi w’igitangaza, nyuma yo gutera umupira w’akataraboneka mu mukino wahuje abakanyujijeho muri FC Barcelona na Real Madrid.
Ni umukino waraye ubereye i Tel Aviv mu gihugu cya Israel, urangira aba legends ba Real Madrid batsinze aba FC Barcelona ibitego 3-2.
Abakinnyi b’ibihangange bakanyujijeho muri FC Barcelona nka Ronaldinho, Rivaldo, Deco na Javier Saviola (yanakiniye Real Madrid) bari mu bagaragaye muri uriya mukino.
Ku ruhande rwa Real Madrid ibihangange nka Roberto Carlos wari Kapiteni, Luis Figo, Ivan Campo na Fernando Sanz bagaragaye muri uriya mukino, cyo kimwe na Ruben de la Red na Jose Amavisca.
Ronaldinho wigaragaje cyane muri uyu mukino ni we wafunguriye amazamu FC Barcelona kuri penaliti yo ku munota wa 28 w’umukino, nyuma y’ikosa Saviola yari amaze gukorerwaho mu rubuga rw’amahina na Antonio Nunez.
Uretse kuba Ronaldinho yatsinze igitego muri uyu mukino, ni umwe mu banawigaragajemo cyane, ibishimangira ko ubuhanga yagaragaje mu myaka yashize ntaho burajya.
Kugaragaza ubuhanga mu gucenga, gutanga imipira y’uruhehemure kuri bagenzi be no kurema uburyo bw’ibitego biri mu byaranze Ronaldinho wanateye igiti cy’izamu mu gice cya mbere cy’umukino.
Real Madrid yishyuye ku munota wa 41 ibifashijwemo na Pedro Munitis, mbere y’uko Alfonso Perez ayitsindira igitego cya kabiri nyuma y’iminota ibiri.
Barcelona yishyuye ku munota wa 64 ibifashijwemo na Jofre Mateu wabanje gucenga ba myugariro ba Madrid, gusa nyuma y’iminota 10 Ruben de la Red atsindira Real Madrid igitego cy’intsinzi.











