Rupiah Banda wabaye Perezida wa Zambia yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Rupiah Bwezani Banda wahoze ari Perezida wa Zambia, yapfuye ku wa Gatanu tariki ya 11 Werurwe ku myaka 85 y’amavuko aguye iwe mu rugo.

Abo mu muryango we bemeje ko yazize kanseri yari amaranye imyaka ibiri.

Umuhungu we wa kabiri witwa Andrew yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters by’Abongereza ko yapfuye mu ma saa moya z’umugoroba.

Rupiah Banda wabaye Perezida wa kane wa Zambia, yayoboye iki gihugu hagati ya 2008 na 2011.

Urupfu rwe rwanemejwe na Perezida uriho muri Zambia, Hakainde Hichilema, mu ijambo yageneye abaturage ryatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu. Perezida Hakainde yashimiye Banda imirimo yakoreye igihugu mu gihe kirekire yamaze akora mu nzego zacyo z’ubuyobozi.

Rupiah Banda yakoze imirimo yo ku rwego rwo hejuru mu gihe cy’ubutegetsi bwa Kennedy Kaunda wabaye Perezida wa mbere wa Zambia, mbere y’uko mu 2006 agirwa Visi-Perezida n’uwari Perezida, Levy Mwanawasa.

Banda yabaye Perezida w’inzibacyuho rwagati muri 2008 nyuma y’uko Mwanawasa yari yagize ikibazo cyo guturika imitsi yo mu bwonko (stroke).

Muri uwo mwaka ni bwo muri Zambia habaye amatora y’Umukuru w’Igihugu, aza kuyegukanamo intsinzi.

Ingoma ye yaranzwe n’ibirego bya ruswa ndetse muri 2013 Inteko Ishinga amategeko ya Zambia yamwambuye ubudahangarwa kugira ngo ashyikirizwe ubutabera, bituma inzego z’iperereza zumuta muri yombi akekwaho ibyaha bifitanye ruswa.

Icyo gihe yaregwaga ibyaha birimo gukoresha nabi ububasha yari afite, ruswa no gusesagura umutungo wa Leta ungana na miliyoni 11 z’amadorali yapfuye ubusa mu gihe cy’ubutegetsi bwe.

Cyakora cyo ibi byaha ntiyigeze ahamwa na byo imbere y’ubutabera yemwe ntiyigeze anabifungirwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *