Ruto yashwishurije RDC ku byo guta muri yombi abarimo abakuru ba M23

Sangiza iyi nkuru

Perezida William Ruto yatangaje ko aherutse gukurira inzira ku murima Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ayimenyesha ko igihugu cye kidashobora guta muri yombi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwayo kibahora ibyemezo baheruka gutangariza ku butaka bwacyo.

Kuva ku wa Gatanu tariki ya 15 umwuka mubi ushingiye kuri dipolomasi ukomeje gututumba hagati ya Kinshasa na Nairobi, nyuma y’uko i Nairobi hari hamaze gushingirwa ihuriro ryiswe Alliance Fleuve Congo (AFC) rigamije kurwanya ubutegetsi buyobowe na Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi.

Iri huriro rya Politiki ariko rinafite igisirikare ryashinzwe na Corneille Nangaa wahoze ayobora Komisiyo y’amatora muri RDC mbere yo gufata iy’ubuhungiro, afatanyije n’imitwe itandukanye irimo uwa M23 umaze imyaka irenga ibiri mu ntambara na Guverinoma ya Congo.

Ni ihuriro kandi rinarimo impirimbanyi za Politiki zirenga 260, mu byo rishyize imbere hakabamo kuba ryavanaho ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi.

Ishingwa rya ririya huriro ryazamuye umujinya w’umuranduranzuzi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bituma yotsa igitutu Kenya iyisaba kuyiha ibisobanuro.

Ni RDC yanageze ku rwego rwo gutumizaho Ambasaderi wa Kenya i Kinshasa ngo atange ibisobanuro by’uko igihugu cye giha rugari abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwayo ndetse no guhamagaza ba Ambasaderi bayo i Nairobi n’i Dar es Salaam mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ngo ibagishe inama.

Perezida William Ruto wa Kenya mu kiganiro yaraye agiraniye n’itangazamakuru mu biro bye, yavuze ko kuba Kinshasa yarahamagaje Ambasaderi wayo i Nairobi ari ibiyireba.

Yagize ati: “Niba (RDC) barafashe icyemezo cyo guhamagaza Ambasaderi wayo kubera ko itangazo [rya AFC] ryasohorewe i Nairobi, ni uburenganzira bwabo.”

Perezida Ruto yavuze ko Nangaa na bagenzi be bagisohora itangazo ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize abategetsi ba Congo basabye Kenya kubata muri yombi, gusa ibakurira inzira ku murima.

Yagize ati: “RDC yifuzaga ko twata muri yombi abasohoye itangazo, hanyuma tuyibwira ko bidashoboka. Abo duta muri yombi bonyine tukanabitaho ni abagizi ba nabi, hapana abasohora amatangazo. Amatangazo ni nk’aho asohorwa buri munsi bamvuga nabi, ariko nta n’umwe nta muri yombi. Uko si ko Kenya iteye, turatandukanye.”

Perezida William Ruto yanabajijwe niba hari ikibazo Kenya yaba ifitanye na RDC nyuma y’itaha ry’ingabo zayo zari zaroherejwe mu butumwa bwa EAC bwo kugarura amahoro muri Kivu y’Amajyaruguru, asubiza ko ntacyo.

Yavuze ko impamvu yonyine ziriya ngabo zari zaroherejwe muri RDC ari uguha abanye-Congo “ubufasha mu by’umutekano.”

Ati: “Ingabo zacu zari zaragiye guhagarika intambara zifatanyije n’izindi zo mu Burundi, Uganda na Sudani y’Epfo. Twari tumaze hariya umwaka hanyuma RDC ibona ari ngombwa ko ubufasha bwa Kenya burangira.”

Ku Cyumweru tariki ya 10 Ukuboza ni bwo Kenya yatangiye gucyura Ingabo yari yarohereje muri Congo, mbere yo gukurikirwa n’iz’ibindi bihugu bya EAC birimo Sudani y’Epfo, u Burundi na Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *