Imirwano ikomeye yongeye kubura hagati ya M23 n’Abawazalendo bo mu mutwe wa CMC kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Nzeri 2024 ahitwa Kizimba muri Gurupoma ya Bukombo, Sheferi ya Bwito, muri Teritwari ya Rutshuru. Ni mu gihe indi mirwano ivugwa i Masisi hagati ya M23 na FARDC.
Amakuru agera ku rubuga rrwa Kivu Morning Post aturuka Kizimba, avuga ko imirwano yiganje mu midugudu ya Sisa, Rubona n’ahandi mu birometero bigera cyangwa munsi gato ya bine uvuye Kizimba.
“Iturika ry’intwaro ziremereye muri iki gice ryateye icyoba mu isantere ya Kizimba. Nubwo hari imirwano, ituze riragaragara muri iki gice,” uyu ni umuturage wa Kizimba avuga n’itangazamakuru.
Ni nako bimeze mu bice bya Bucholi, Kinyabugize hagati ya gurupoma za Bishusha na Bukombo. Guhera saa kumi n’imwe z’igitondo muri centre ya Bishusha havuzwe imirwano itagize byinshi yangiza.
Ibyavuye muri uku kurasana ntibiramenyekana neza kuko kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga amasasu yari acyumvikana mu bice bitandukanye bya Bukombo bihungabanya urujya n’uruza n’ibikorwa by’abaturage ku muhanda Kitshanga-Bukombo.
Indi mirwano iravugwa muri Teritwari ya Masisi hagati ya M23 na FARDC muri Gurupoma ya Kibabi, aho bivugwa ko kuva mu gitondo hari kuba imirwano ku dusozi twa Kabingo na Rutingita. Aha ni mu burengerazuba bw’Umujyi wa Rubaya.



One Response
Imirwano irakomeje hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo muri Masisi na Rutshuru
Yewe birakabije imirwano yo muri rdc