Amakuru aturuka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’umutwe wa M23 bavuye mu biturage byinshi biri ku muhanda Rutshuru-Centre- Bunagana, muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano y’iminsi ibiri bahanganye n’ingabo za leta.
Izi nyeshyamba zivugwaho kuba zagiye zisahura aho zanyuze mu biturage bitandukanye, aho babigeragaho bamaze gukangisha abaturage kurasa mu kirere amasasu menshi.
Bivugwa ko amabutike, n’ububiko bw’ibicuruzwa by’ibanze gusahura byasahuwe nk’uko iyi nkuru dukesha mediacongo.net ivuga.
Laurent Mugiraneza, ushinzwe dipolomasi mu kanama gahuje urubyiruko rwo mu moko atandukanye muri Rutshuru, avuga ko kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 30 Werurwe nta mirwano yabaye kandi ituze ryatangiye kugaruka.
Kuwa Mbere ushize, itariki 28 no kuwa Kabiri, itariki 29 Werurwe, nibwo habaye imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC mu biturage bya Tchanzu, Runyoni, Ndiza, Tchengero no mu nkengero.
Inyeshyamba za M23 zagerageje no kwigarurira Umujyi wa Bunagana ariko ingabo za FARDC zifashijwe n’Ingabo za Uganda zirazitambika.
Igisirikare cya Uganda, UPDF, kikaba cyaratangaje ko kivuganye inyeshyemba 14 za M23, kigapfusha umusirikare umwe muri iyo mirwano.



2 Responses
Rutshuru: M23 yasohotse mu biturage bitandukanye yari yigaruriye
Mwisubirirebmurindiro byanyu mwaberetse ko muhari kndi ko migishoboe hongera m23.
Rutshuru: M23 yasohotse mu biturage bitandukanye yari yigaruriye
Mwisubirirebmurindiro byanyu mwaberetse ko muhari kndi ko migishoboe hongera m23.