Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu munsi tariki 9 Gicuransi 2020, yatangaje ko habonetse abarwayi bashya banduye virusi Covid-19 bagera kuri 7, bituma umubare w’abamaze kwandura mu gihugu uba 280, abakize ni 140 naho abakirwaye nabo ni 140.
*Gukaraba intoki kenshi kandi neza namazi meza nisabune ndetse no gukoresha alukolo yagenewe gusukura intoki. Ni ngombwa gukurikiza iri bwiriza ni uko gusukura intoki wifashishije amazi meza, isabune cyangwa alukolo, byica virusi ziri mu biganza. *Guhana intera hagati yumuntu nundi, byibuze metero imwe, kuko iyo umuntu akoroye cyangwa akitsamura, hari utuzi duturuka mu mazuru cyangwa mu kanwa; tuba turimo virusi. Iyo wegereye uwo muntu cyane, twa tuzi dushobora kukwinjiramo, ukaduhumeka, yaba afite Covid-19 akaba yayikwanduza. *Gupfuka umunwa mu gihe ukoroye kugira ngo utanduza bagenzi bawe. Mu gihe ukoroye, hari uducandwe dusohoka mu kanwa, tuva aho uri tukajya ahandi. Gupfuka ku munwa bituma tudashobora kurenga ngo tujye ahandi bagenzi bawe barimo. *Kwirinda gukorakora mu maso, amazuru cyangwa umunwa kuko ushobora kuba wakoze ku kintu cyangwa umuntu ufite virusi, wakora ku maso, ku mazuru cyangwa ku munwa, ya virusi ukayitwara. Leta yu Rwanda yashyizeho ingamba zirimo: *Gutegeka abaturarwanda kuguma mu ngo kuko bituma umuntu adahura nundi, ku buryo bakwanduzanya mu gihe umwe muri bo yaba yaranduye Covid-19. Ubu ni uburyo kandi bufasha abatashobora guhana intera mu gihe bagiye hanze. Bivuze ko nta gusurana cyangwa ingendo zitari ngombwa. Kwambara udupfukamunwa bituma umuntu atanduza abandi mu gihe yaba afite iyi ndwara. Mu gihe akoroye cyangwa yitsamuye, utuzi duturuka mu kanwa no mu mazuru dutangirwa nagapfukamunwa. Igihe umuntu yaba akurikije amabwiriza, inama ningamba byashyizweho na Leta yaba yibereye umuganga nurukingo kuko ntaho yahurira nubwandu nkuko byakunze kuvugwa . Bivuze ko umuntu ku giti cye yifitiye umuti nurukingo bituma atagerwaho nicyorezo cya COVID19. Hamagara inzego zibishinzwe mu gihe wibonyeho ibimenyetso byiki cyorezo. Umuntu ugaragayeho ibimenyetso nkibya Covid-19 nkinkorora, umuriro numunaniro, agomba guhamagara umurongo utishyurwa wa 114 kugira ngo ahabwe ubufasha cyangwa se ukitabaza umujyanama wubuzima ukwegereye. Ibi bigabanya ibyago byo kwanduza abandi bantu, baba abo mu muryango, abaturanyi nabo muhura mu nzira.
Ibyo wakurikiza mu kwirinda kwandura icyorezo cya Covid-19 byashyizweho na WHO


