RwandAir yahagaritse ingendo za Entebbe i Kampala

Sangiza iyi nkuru

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ubwikorezi bwo mu kirere (RwandAir), yatangaje ko yabaye ihagaritse by’agateganyo ingendo ziva n’izijya ku kibuga cya Entebbe cy’i Kampala muri Uganda.

RwandAir mu itangazo ryayo yavuze ko yahagaritse ingendo zayo kubera “ubwiyongere bw’imibare y’abanduye Covid-19 muri Uganda.”

Iyi Sosiyete yaboneyeho kwihanganisha abagizweho ingaruka n’icyemezo yafashe, ibasaba kuzongera kugura amatike y’indege bundi bushya kugira ngo bazongere gukora ingendo iriya sosiyete yazisubukuye, cyangwa abanishaka bagahitamo gusubizwa amafaranga yabo.

Magingo aya igihugu cya Uganda kiri mu kiciro cya Kabiri cy’ubwiyongere bwa Covid-19 (2nd wave), ku buryo imibare y’abandura iki cyorezo n’abahitanwa na cyo ikomeje gutumbagira.

Muri Uganda harabarurwa abarenga 40,000 bamaze kwandura kiriya cyorezo, abarenga 15,000 bamaze kugukira n’ababarirwa muri 337 cyahitanye; gusa CNN ivuga ko muri iki cyumweru ubwandu bwazamutse ku kigero cya 137%.

Ni ubwiyongere bwatumye Leta ishyiraho amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo arimo gufunga ibikorwa hafi ya byose bihuriza hamwe abantu benshi nk’amashuri.

Aya mabwiriza yashyizweho mu cyumweru gishize na Perezida Yoweri Kaguta Museveni agomba kumara iminsi 42.

arton159027-0a590.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *