Simba SC yaburiye FC Platinum ko Kagere azayiteza ibibazo

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yaburiye FC Platinum yo mu gihugu cya Zimbabwe iyibwira ko Meddie Kagere azayiteza ibibazo ubwo bazaba bahuriye mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions league.

Ku wa Gatatu tariki ya 06 Mutarama ni bwo Simba izaba yakiriye FC Platinum, mu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league uzabera i Dar Es Salaam.

Ni nyuma y’ubanza iyi kipe yo muri Tanzania yatsindiwemo i Harare igitego 1-0, n’ubwo yarushaga cyane iriya kipe yo muri Zimbabwe.

Simba SC kuri Twitter yayo, yaburiye FC Platnum ko Kagere yise incuti y’izamu akana umwanzi w’abanyezamu; azayibabaza.

Simba yagize iti: “Ni umugabo w’akazi, incuti y’ibitego, umwanzi w’abanyezamu umwite Meddie Kagere cyangwa MK14. Abuzukuru ba Mugabe [Wahoze ari Perezida wa Zimbabwe] niba batamuzi, azabiyereka ku wa 06 Mutarama 2020.”

Meddie Kagere ari mu bazaba bayoboye ubusatirizi bwa Simba isabwa gutsinda uriya mukino hejuru y’igitego kimwe, igahita ikatisha itike y’amatsinda ya CAF Champions league.

Kagere ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho Simba izaba icungiraho muri uriya mukino, nyuma yo kuyifasha kugera muri 1/4 cy’irangiza muri CAF Champions league yo muri 2018.

Magingo aya uyu rutahizamu w’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ ari mu bamaze gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona ya Tanzania (9), bigasobanura biryo ki ashobora kuzaha iriya kipe akazi.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *