Somalia: Ingabo zidasanzwe za Amerika zivuganye icyihebe gikomeye

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziciye mu majyaruguru ya Somalia umukuru w’umutwe wa Islamic State, Bilal al-Sudani wari kumwe n’abarwanyi be babarirwa mu icumi.

Iki cyihebe cyishwe ubwo Ingabo zidasanzwe za Amerika zagabaga igitero mu buvumo buri mu misozi ya kure, kugira ngo zigifate mpiri.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ingabo za kiriya gihugu, Lloyd Austin, yavuze ko Al-Sudani wishwe “ni we wari ushinzwe guteza imbere IS ikomeje gukura muri Afurika.”

Iki cyihebe kandi ngo cyanateraga inkunga ibikorwa bya Islamic State ku Isi yose, nk’uko Austin yabitangaje.

Abahanga bavuga ko kuba Perezida Joe Biden wa Amerika yari yarahaye Ingabo z’igihugu cye kwica cyangwa gufata mpiri Sudani hakoreshejwe za Drônes ari ibyerekana ko uriya mugabo yari adasanzwe.

The New York Times yatangaje ko Ingabo za Amerika zamwivuganye zatwawe na kajugujugu, zimwica nyuma y’imirwano yazisakiranyije n’abarwanyi be.

Al-Sudani yishwe nyuma y’igihe gito Perezida Biden yongeye kohereza muri Somalia Ingabo za Amerika zibarirwa mu magana, nyuma y’uko Donald Trump yasimbuye yari yarazivanyeyo.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Somalia: Ingabo zidasanzwe za Amerika zivuganye icyihebe gikomeye
    Izi Ngabo za USA muri somalia zifite mission yo gusenya Ethiopia ntakundi kizijyajye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *