Umujyanama wa leta mu by’umutekano muri Somalia, Hussein Sheik-Ali, we yamaganye amakuru avuga ko umutwe wa Al Shabaab usigaye ukorana n’aba Houthi bo muri Yemen, avuga ari ibinyoma kandi nta shingiro afite.
Mu butumwa yacishije ku rubuga rwa X, nk’uko tubikesha VOA NEWS, Ali yanditse ati: “Ingabo za Somaliya ziracyagenzura ibice 90% by’uturere zambuye abarwanyi ba Al-Shabab, bakomeje gutakaza ingufu.”
Ni nyuma y’uko kuwa Mbere umwe mu bategetsi bakuru mu boyobozi bwa gisirikare muri Amerika atangaje ko abarwanyi ba Al-shabab basubije inyuma intambwe igisirikare cya Somaliya cyari kimaze gutera mu myaka ibiri ishize.
Uyu muyobozi wo ku rwego rwo hejuru utifuje ko amazina ye atangazwa, yemeje kandi ko abarwanyi ba Al-Shabab basigaye bakorana n’abarwanyi b’aba Houthi bo muri Yemeni.

Undi muyobozi mu gisirikare cya Amerika nawe utatangajwe amazina, avuga ko abarwanyi b’aba Houti bahisemwo kwifatanya na Al-Shabab hagamijwe gutera ubwoba Amerika n’u Bwongereza, mu gihe bakomeza kugaba ibitero ku mato y’ibyo bihugu, aca mu Nyanja itukura.
Ati: “Al-Shabab isigaye ikorana n’aba Houthis. Biratangaje kandi biteye amakenga.”
Yongeyeho ko kuba Al-Shabab yarasubije inyuma intambwe yari yatewe, ari ikimenyetso cy’uko ingabo z’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe nizamara kuva muri Somaliya mu mpera z’uno mwaka, icyo gihugu kizaba kigikeneye abagifasha mu kurinda umutekano wacyo.


