Mohamed Farmajo wahoze ari Minisitiri w’intebe muri Somalia niwe watsinze amatora y’umukuru w’igihugu kuri uyu wa gatatu tariki ya 8 Gashyantare 2017, aya matora akaba yakozwe n’Inteko ishinga amategeko imitwe yombi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Muri aya matora yakozwe mu mucyo, Mohamed Farmajo yatsindiye ku majwi agera ku 184, akaba yari akubye hafi inshuro 2 ay’uwamubanjirije , Hassan Cheikh Mohamud wari wagize amajwi 94 gusa.
Umutekano wari wakajijwe ahabereye aya matora ku kibuga cy’indege cya Mogadiscio, umurwa mukuru w’iki gihugu ubwo aya matora yakorwaga.
Aya matora kandi yari yitabiriwe n’abakandida bagera kuri 21 barimo n’uwahoze ari Umukuru w’igihugu ucyuye igihe Hassan Sheikh Mohamud wayoboye iki gihugu guhera mu 1991.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu muperezida mushya wa Somalia yabaye Ambasaderi wa w’iki gihugu muri Amerika guhera 1985-1989 ndetse akanaba umunyamabanga w’ishyaka rye rya Tayo. Yagizwe Minisitiri w’intebe guhera muri 2010-2011.
Nsengimana@Bwiza.com


